Yanditswe na: Olive MUKAHIRWA
Ikibazo cy’aho ubwenge umwana agira buturuka cyakomeje kwibazwaho n’abatari bake muri iyi si, bisunikira abashakashatsi kubikoraho ubucukumbuzi.
Hari ubushakashatsi butandukanye bwagiye bwemeza ko ubwenge bw’umwana buturuka ku babyeyi be, ariko ubushakashatsi busobanutse bwemeje ko ubwo bwenge umwana abukura by’umwihariko kuri nyina kubera uturemangingo tw’isano iba iri hagati y’umwana na nyina. Iyo sano ikaba ibitse amakuru yose mu bushobozi bw’ubwonko bwa nyina w’umwana.
Ubwo bushakashatsi bwakozwe hifashishijwe amatsinda 2 atandukanye y’imbeba. Itsinda rimwe ryatewemo uturemangingo tw’isano twakuwe mu mbeba z’ingore irindi tsinda riterwamo uturemangingo tw’isano twakuwe mu mbeba z’ingabo.
Imbeba zatewemo uturemangingo twakuwe mu mbeba z’ingore nyuma y’igihe cyagenwe zasanganywe ikimero gito, ingufu nke z’umubiri n’ubwenge bwagutse. Izatewemo uturemangingo tw’ingabo zasanganywe ikimero kinini, imbaraga nyinshi n’ubwenge butagutse. Ibyo byatumye abashakashatsi basuzuma ubwenge bw’ayo matsinda abiri atandukanye y’imbeba.
Nyuma y’ubushakashatsi, umunyamerika Robert Lehrke yanditse igitabo yise : “Sex Linkage of intelligence”asobanuriramo birambuye uko uturemangingo dutanga ubwenge mu buryo busumbana hagendewe ku gitsina cy’ikinyabuzima cyafatiwe uturemangingo.
Cyakora nabwo uyu mushakashatsi avuga ko ibyo basuzumye bidahura 100% ahubwo ngo 45-55% nibyo byemezwa n’ubushakashatsi. Ibyo abisobanura avuga ko hari n’aho basanze umugore agira ubwenge buke ariko umwana we akagira bwinshi, abukuye kuri se cyangwa se ugasanga utabasha gusobanura aho uwo mwana yakuye ubwo bwenge kuko na se umubyara nawe nta bwenge bwinshi aba agaragaza. Ibyo akabivugaho ko “ Nubwo hari ibyo ubuhanga bugaragaza ariko byose bigengwa n’Imana yonyine irema umuntu”.
Ubwo bwenge buvugwa bwapimiwe:
1. Ku ndangagaciro z’umwana: Umuhate, ikinyabupfura, ubushobozi.
2. Kwigira: Kwifatira ibyemezo byiza bisobanutse kandi ku gihe.
3. Kwigirira icyizere: kwikemurira ibibazo no kwikura mu bigeragezo.
4. Kubana n’abandi: Kubaha ababyeyi n’abandi bantu muri rusange.
Yanditswe na: Olive MUKAHIRWA

















