Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Ubwongereza na European Union bemeranyije ku masezerano y’uburobyi

Monday 19 May 2025
    Yasomwe na

Habayeho kugera ku bwumvikane mu biganiro hagati y’ubwami bw’ubwongereza ndetse n’umuryango w’ibihugu by’ubulayi mw’ijoro ryakeye, nkuko byemejwe n’amasoko ava muri leta y’ubwongereza.

Minisitiri w’intebe w’ubwongereza akaba yakiriye inama y’abayobozi b’ibihugu by’uburayi i Londres kuri uyu wa mbere.

Ubwongereza na EU bemeranije amasezerano anarimo imyaka igera kuri 12 yemerera ubwato bw’uburobyi bwo mu bihugu bya EU gukoresha amazi y’ubwongereza mu bikorwa byabo by’uburobyi nubwo byari byahagaritswe kuva mu 2017.


Sir Keir Starmer na Ursula Von der Leyen mu masezerano mashya.

Gusa hari ingingo zitarabasha kumvikanwaho bigisaba ko hakomeza ibiganiro bihambaye, iyi nama iri kubera mu bwongereza kandi yitezweho gukemura amakimbirane yose asanzwe arangwa hagati y’ubwongereza na EU.

Abasesengura ibigendanye na politiki mpuzamahanga bashimangira ko ubwongereza bwaba burimo kugerageza guhuza EU na Leta Zunze ubumwe z’Amerika, bishingiye ku mibanire itameze neza hagati yabo bigendanye n’intambara ya Ukraine.


Inama ya EU na UK igamije gukemura amakimbirane amaze iminsi.

Ubwongereza Bwikuye mu muryango w’ubumwe bw’ubulayi tariki 31 Mutarama 2020, nyuma y’amatora ya kamarampaka yemezaga ko ubwongereza bugomba kuva muri uwo muryango, nubwo byateje impaka muri icyo gihugu.

Ibihugu nka Ecosse (Scotland) na Ireland y’Amajyaruguru bo barwanyije bikomeye iyi ngingo yamenyekanye nka Brexit aho benshi mu batuye ibyo bihugu bahise batangaza ko ibihugu byabo bishobora kuziyomora ku bwami bw’ubwongereza mu gihe kiri imbere.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru