Habayeho kugera ku bwumvikane mu biganiro hagati y’ubwami bw’ubwongereza ndetse n’umuryango w’ibihugu by’ubulayi mw’ijoro ryakeye, nkuko byemejwe n’amasoko ava muri leta y’ubwongereza.
Minisitiri w’intebe w’ubwongereza akaba yakiriye inama y’abayobozi b’ibihugu by’uburayi i Londres kuri uyu wa mbere.
Ubwongereza na EU bemeranije amasezerano anarimo imyaka igera kuri 12 yemerera ubwato bw’uburobyi bwo mu bihugu bya EU gukoresha amazi y’ubwongereza mu bikorwa byabo by’uburobyi nubwo byari byahagaritswe kuva mu 2017.
Gusa hari ingingo zitarabasha kumvikanwaho bigisaba ko hakomeza ibiganiro bihambaye, iyi nama iri kubera mu bwongereza kandi yitezweho gukemura amakimbirane yose asanzwe arangwa hagati y’ubwongereza na EU.
Abasesengura ibigendanye na politiki mpuzamahanga bashimangira ko ubwongereza bwaba burimo kugerageza guhuza EU na Leta Zunze ubumwe z’Amerika, bishingiye ku mibanire itameze neza hagati yabo bigendanye n’intambara ya Ukraine.
Ubwongereza Bwikuye mu muryango w’ubumwe bw’ubulayi tariki 31 Mutarama 2020, nyuma y’amatora ya kamarampaka yemezaga ko ubwongereza bugomba kuva muri uwo muryango, nubwo byateje impaka muri icyo gihugu.
Ibihugu nka Ecosse (Scotland) na Ireland y’Amajyaruguru bo barwanyije bikomeye iyi ngingo yamenyekanye nka Brexit aho benshi mu batuye ibyo bihugu bahise batangaza ko ibihugu byabo bishobora kuziyomora ku bwami bw’ubwongereza mu gihe kiri imbere.




















