Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Uganda: Ebola imaze kwica abantu 21

Monday 26 September 2022
    Yasomwe na

Minisiteri y’ubuzima ya Uganda yatangaje ko bishoboka ko Ebola imaze kwica abantu 21, abo barimo 4 byemejwe neza ko ariyo yabishe na 17 bagikeka ko ari yo yabahitanye.

Iki cyirezo cyatangajwe kuwa kabiri w’icyumweru gishize bikekwa ko abamaze kuyandura bose ari 34; barimo 16 byemejwe neza na 18 bagikekwa, nk’uko iyi minisiteri ibivuga.

Iyi ndwara iracyiganje mu karere ka Mubende, gusa yabonetse no mu gace ka Kygegegwa na Kassanda, gusa Minisitier ivuga ko itaraboneka mu murwa mukuru Kampala.

Kugeza ubu ibihugu byo mu karere bituranye na Uganda byafashe ingamba zo kwirinda ko iki cyorezo cyabigeraho, nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibivugo.

Leta y’u Rwanda yagiriye inama abaturage kwirinda kujya muri iki gihugu muri iki gihe kivugamo iyi ndwara, cyane ko agace yagaragayemo gatuwe na 60% by’abanyarwanda basanzwe bagira urujya n’uruza mu Rwanda.

Mu cyumweru gishize u Rwanda rwavuze ko rufite abaturutse muri ako have barenga 60 bari gukurikiranirwa hafi ngo barebe niba ntawe ufite ibimenyestso byayo.

Ishami rya UN ryita ku buzima, OMS, rivuga ko ubwoko bwa Ebola buzwi nka Sudan burimo kuboneka muri Uganda butandura cyane kandi butica bikabije, ugereranyije n’ubwoko bwiswe Ebola Zaire bwabonetse hambere. Gusa iyi Ebola ya Sudan nta rukingo irakorerwa mu gihe uruhari ari urw’iya Zaire.

Ubu bwoko bwo bwishe abantu 2,000 muri Congo hagati ya 2018 na 2020.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru