Minisiteri y’ubuzima ya Uganda yatangaje ko bishoboka ko Ebola imaze kwica abantu 21, abo barimo 4 byemejwe neza ko ariyo yabishe na 17 bagikeka ko ari yo yabahitanye.
Iki cyirezo cyatangajwe kuwa kabiri w’icyumweru gishize bikekwa ko abamaze kuyandura bose ari 34; barimo 16 byemejwe neza na 18 bagikekwa, nk’uko iyi minisiteri ibivuga.
Iyi ndwara iracyiganje mu karere ka Mubende, gusa yabonetse no mu gace ka Kygegegwa na Kassanda, gusa Minisitier ivuga ko itaraboneka mu murwa mukuru Kampala.
Kugeza ubu ibihugu byo mu karere bituranye na Uganda byafashe ingamba zo kwirinda ko iki cyorezo cyabigeraho, nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibivugo.
Leta y’u Rwanda yagiriye inama abaturage kwirinda kujya muri iki gihugu muri iki gihe kivugamo iyi ndwara, cyane ko agace yagaragayemo gatuwe na 60% by’abanyarwanda basanzwe bagira urujya n’uruza mu Rwanda.
Mu cyumweru gishize u Rwanda rwavuze ko rufite abaturutse muri ako have barenga 60 bari gukurikiranirwa hafi ngo barebe niba ntawe ufite ibimenyestso byayo.
Ishami rya UN ryita ku buzima, OMS, rivuga ko ubwoko bwa Ebola buzwi nka Sudan burimo kuboneka muri Uganda butandura cyane kandi butica bikabije, ugereranyije n’ubwoko bwiswe Ebola Zaire bwabonetse hambere. Gusa iyi Ebola ya Sudan nta rukingo irakorerwa mu gihe uruhari ari urw’iya Zaire.
Ubu bwoko bwo bwishe abantu 2,000 muri Congo hagati ya 2018 na 2020.





















