Urubyiruko rw’abasore rwabyutse rwirara mu mihanda yo mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, rusaba ubutegetsi bwa Museveni ko rurambiwe ruswa igomba guhagarara.
Ni gahunda yari ipanze ku rubyiruko ruvuga ko rurambiwe ruswa iri mu gihugu cya Uganda cyane cyane mu Nteko ishinga amategeko, ifatwa nk’inzu y’ubuvugizi bwa rubanda kuri leta.
Mu majwi y’abazindukiye mu myigaraagmbyo, barumvikana bavuga ko ’Nooo, Corruption must stop’ ( ’ruswa igomba guhagarara’).
Kuva batangira guteguza Museveni ko bari gutegura imyigaragambyo i Kampala, Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni nawe yabasubije ko ibyo bidakora muri Uganda, ndetse aberurira ko badakwiye gukina n’umuriro.
Igipolisi nacyo nticyoroheye abigaragambya, mu mashusho irabakurura byarimba igakoresha inkoni ariko urubyiruko rwigaragambya narwo rugakomeza kuyereka ko rwabizindukiye.
Mu minota itari mike bapolisi yafashe bamwe mu bigaragambya bari bafite ubukana kurusha abandi ibata muri yombi iranabafunga.
Perezida Museveni yari yabwiye urwo rubyiruko ko niba rufite gahunda yo kwigaragambya ruzabikora muri weekend nta kazi gahari kugira ngo rutabangamira ibindi bikorwa by’ubucuruzi bisanzwe mu mihanda ya Kampala bw’abishakira amaramuko.
Itangazamakuru naryo ryahabyukiye



















