Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Uganda: Umugabo yitwikiye imbere y’inteko abapolisi barwana no kumuzimya

Wednesday 26 February 2025
    Yasomwe na

Umugabo witwa Benjamin Agaba yatunguye abarinzi bo ku Ngoro y’inteko ishinga amategeko ya Uganda yitwikira imbere yabo atangira kugurumana barana no kumuzimya atarahasiga ubuzima.

Igitangazamakuru cy’igihugu NTV cyanditse ko Agaba yabikoze bitewe nuko ishyaka arimo riri ku butegetsi rya NRM ko nta nkunga n’imwe yigeze abona iriturutsemo, (nk’umwe mu barifashije muri byinshi baziranyeho).

Afite kandi n’agahinda yatewe nuko umutungo we watwawe mu maherere n’umwe mu bashyigikiye NUP. Ibi ngo byatumye umubyeyi we asigara atagira aho akinga umusaya bitewe nuko bazizwa ko binjiye muri iri shyaka.

Abapolisi barinda inteko bazimishije amazi uko bashoboye

Agaba avuga ko yasabye ubufasha ku biro by’ishyaka ryicaje Museveni ku butegetsi imyaka igiye kuba 40 amara umwaka ajyayo ariko abura n’uwamwumva.

Abareberaga hafi birimo kuba bavugaga ko uyu mugabo ashobora kuhasiga ubuzima bitewe n’ibikomere by’umuriro yitwikishije
feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru