Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Ukraine yahamije ko uburusiya bwagabye igitero kuri Gariyamoshi ya gisiviri

Wednesday 28 January 2026
    Yasomwe na

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko abantu bane bapfiriye mu gitero cya drone cyagabwe kuri gariyamoshi yari itwaye abagenzi barenga 200 mu mujyi wa Kharkiv, mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Ukraine, ku wa kabiri.

Ibiro by’umushinjacyaha byavuze ko hamaze kuboneka imirambo itanu, mu gihe Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko abatabazi basanze imirambo ine y’abantu bishwe hamwe n’ibice by’imirambo mu gariyamoshi itwara abagenzi.


Gariyamoshi yari itwaye abantu 200 yarashweho n’uburusiya.

Iyi minisiteri yasobanuye ko umubare nyawo w’abaguye muri icyo gitero uzamenyekana neza nyuma y’iperereza ririmo gukorwa.

Nk’uko inzego z’umutekano zibivuga, icyo gitero cyagabwe n’ingabo z’u Burusiya hakoreshejwe drone eshatu zo mu bwoko bwa Gere-2.

Gariyamoshi yibasiwe izwi ku murongo wa “Chop – Lviv – Kharkiv – Barvinkove”, yari iri hafi y’umudugudu wa Yazykove mu karere ka Barvinkove.

Hari n’ikindi gitero cya drone z’u Burusiya cyagabwe hafi y’aho gariyamoshi yari iri, bituma igongana n’indi gariyamoshi bityo hakaba inkongi y’umuriro.


Uburusiya bumaze iminsi bugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine.

Uburusiya ntacyo buratangaza kuri ibi birego.

Mu mezi aheruka, Moscou yakajije ibitero bya drone na misile bigamije ibikorwa remezo by’ingufu n’ubwikorezi bya Ukraine, mu gihe iki gihugu kiri mu bihe bikomeye by’itumba ridasanzwe.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru