Nyuma y’iminsi igera kuri 13 hari gukorwa ubutabazi bwihuse bwo gusana igice gito cy’umuhanda Mpuzamahanga Kigali-Huye, ubu noneho wabaye Nyabagwndwa.
Kuva mu gitondo cya tariki ya 30 Werurwe, Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda yatangaje ko umuhanda Kigali-Huye wangirikiye hagati ya Santere ya Ruyenzi n’isoko rya Bishenyi bityo ukaba utari Nyabagendwa.
Kuva ubwo ibinyabiziga byavaga Kigali byatangiye kwifashisha umuhanda Kigali-Ruyenzi-Nkoto, mu rwego rwo gukomeza ubuhahirane hagati y’Intara y’Amajyepfo mu gihe aberekezaga Kigali bakoreshaga nanone umuhanda Nkoto-Gihara-Ruyenzi.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Mata 2022, nibwo Polisi y’u Rwanda, ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter, yongeye gutangaza ko umuhanda Kigali-Huye noneho uri nyabagendwa. Polisi kandi yashimiye abakomeje kwihanganira kubahiriza amabwiriza yari yatanzwe mu rwego rwo gukomeza imigenderanire itekanye.
[Ikitwa Bizi cyacagamo amazi munsi y’umuhanda cyari cyangiritse bikomeye bituma umuhanda ucikamo kabiri
















