Urupfu rw’Umusivile rwatumye abaturage birara mu muhanda bahangana n’abashinzwe umutekano mu gace ka Mugunga bafunga umuhanda ujya Sake Uba Goma.
Iyi myigaragambyo yasembuwe n’iyicwa ry’umusivili wishwe n’abagabo bambaye imyenda y’igisirikare cya RD Congo ahagana saa mbiri z’ijoro ryo ku wa 4 Werurwe 2024.
Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 5 Werurwe abaturage n’abahunze imirwano ya M23 na FARDC bo mu nkambi ya CBCA nabo bazindukiye mu myigaragambyo ikaze.
Abo baturage n’abahunze imirwano bavuga ko bakomeje kwicwa no kugirirwa nabi n’igisirikare cya Leta na Wazalendo.
Muri iyo myigaragambyo mu burakari bwinshi bahagaritse urujya n’uruza ku muhanda Goma-Sake.
Umwe mu bigaragambya yagize ati: ”Ubu bwicanyi bugomba guhagarara, ntidushobora guhangana n’inzara ngo hiyongereho n’ubu bwicanyi.”
Kugeza ubu abantu babiri nibo bamaze kumenyekana ko baguye muri ubwo bugizi bwa nabi bwaherekejwe n’iyo myigaragambyo.


















