Umuhungu wa Perezida Museveni, akaba n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko my minsi mike agaruka i Kigali kongera kuganira na Perezida Kagame, mu kureba ahakiri ibibazo mu kugarura byanyanyo umubano w’ibihugu byombi.
Uyu mugabo ukunze gukoresha cyane urubuga nkoranyambaga rwa Twitter, yanditse ko nyuma y’uko yari aherutse gusura u Rwanda akaganira na Perezida Kagame akunze kwita ‘Uncle’ (Nyirarume cyangwa Sewabo), yatangaje ko mu minsi micye iri imbere azongera kugaruka mu Rwanda.
Kuri Twitter yanditse ko nyuma y’aho aviriye mu Rwanda, yakomeje kuganira na Perezida Kagame none bemeranyije ko Lt. Gen Muhoozi Kainerugaba azagaruka gusura u Rwanda bakaganira ku zindi ngingo zireba umubano mwiza hagati ya Kigali na Kampala.
Yagizee ati: “Nyuma y’uko kuganira na Marume, Perezida Kagame, mu gitondo cy’uyu munsi twemeranyije ko nzagaruka mu Rwanda mu minsi micye iri imbere tukaganira ku bibazo bisigaye bireba Uganda n’u Rwanda.”
Ni ubutumwa yaherekejeho ifoto ye na Perezida Kagame yasuhuzanya bakiresheje inkokora mu rwego rwo kwirinda COVID-19.















