Umuhungu wa Perezida Yoweli Kaguta Museveni, akaba n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, agiye kuza mu Rwanda, biravugwa ko azaba aje kubonana na Perezida Paul Kagame.
Ni inkuru irimo gucicikana muri Uganda no ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’iminsi mike gusa Lt Muhoozi atangaje ko Perezida Kagame ari Marume we kandi abamurwanya bagomba kwitonda.
Icyi gihe yagize ati “Afande Kagame Paul ni Marume. Abo mamurwanya bararwanya umuryango wanjye. Bose bagomba kuba menge [kwitonda].
Umunyamakuru wa Televiziyo ya NBS witwa Carnary Magume yanditse kuri Twitter ko hari abantu i Kigali bemeje ko Lt Gen Muhoozi ejo aza gusura Perezida Kagame.
Yagize ati “Umuyobozi w’ingabo zirwanira ku butaka Lt Gen Muhoozi arasura Perezida Kagame i Kigali. Abantu bizewe i Kigali bemeje aya amakuru.”
Ikinyamakuru cyitwa Nile Post cyo muri Uganda cyo cyanditse ko “Perezida Museveni agiye kohereza Umuhungu we i Kigali”.
Hashije iminsi nanone Perezida Kagame yakiriye mu biro bye intumwa yari izanjye ubutumwa bivuye kwa Perezida Yoweli Museveni.















