Perezida Paul Kagame yashyizeho Minisiteri w’Uburezi mushya, usimbuye Twagirayezu Gaspard.
Ni impinduka zitangajwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe (Primature), aho Perezida Kagame yashyizeho abayobozi batatu mu nzego za Leta.
Itangazo rivuga ko Joseph Nsengimana yagizwe Minisitiri w’Uburezi, umwanya yasimbuyeho Twagirayezu Gaspard wari utaramara umwaka muri iyi Minisiteri.
Minisitiri w’Uburezi mushya
Twagirayezu Gaspard yahise agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe idanzure, urwego rushya mu nzego igihugu cyari gifite.
Iri tangazo kandi rivuga ko Nelly Mukazayire yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, umwanya wari umaze iminsi wirukanyweho Zephanie Niyonkuru, uyu kandi ntabwo akaba yari yarangiye muri Minisiteri ya Siporo yirukanywe mu Rwego rw’Iterambere RDB aho yari Umuyobozi Mukuru wungirije warwo.
Izi mpinduka mu bagize Guverinoma y’u Rwanda zibaye mu gihe tariki ya 16 Nzeri 2024 aribwo Perezida Kagame yashyizeho abagize Guverinoma, barahira nyuma y’iminsi itatu gusa.





















