Mutungirehe Samuel
Umunyeshuri wo ku kigo cy’amashuri y’imyuga cya Nelson Mandela TVT School yagejeje ikibazo kuri Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney, cyo kutagira ibitabo byo gusoma, byunganira amasomo abarimu babigisha muri gahunda y’uburezi bw’imyuga n’ubumenyingiro.
Ni ikibazo Uwase Emmeline yagejeje kuri Minisitiri Gatabazo ubwo yakiraga ibibazo by’abatuye mu murenge wa Ntarama, bigaruka ku mibereho y’abaturage n’iterambere.
Uyu munyeshuri nawe yaboneyeho agira ati. “Ikibazo cy’abanyeshuri twiga muri TVT, ntabwo tubasha kubona ibitabo byo gusoma kandi abaneyshuri biga muri Gahunda ya REB baba bafite ibitabo bihagije ariko twebwe twiga muri TVT amasomo yose tugenewe uba usanga nta gitabo na kimwe wabona cyo gusoma.
Niyo wagenda ukavuga isomo na rimwe ntabwo wabona igitabo cyo gusoma kandi ubumenyi abarimu baba baduhaye burahagije pe ariko nibura tuba dukeneye gusoma kugira ngo bidufashe kumva no gukora ubushakashatsi.”
Ni ikibazo Minisitiri Gatabazi yavuze ko yajyanye akazakigeza ku nzego zibishinzwe abo banyeshuri bakabasha kubona ibitabo bijyanye n’amasomo biga.
Uwase ni umunyeshuri mu byagaragariye abaturage n’abayobozi ushobora kuba ashyira umutima ku byo ari kumva bimuteye amatsiko, aho yari ari yarangwaga no kwandika buri kintu gishya mu mutwe we kugira ngo ahakure ubumenyi mu bivugwa n’ibyo abona byose.

















