Ndayambaje Jean Claude
Antonio conte wigeze gutoza Chelsea na Inter Milan yo mu butaliyani, yerekeje muri Tottenham Hotspur yo mu gihugu cy’Ubwongereza akaba yasinye imyaka ibiri muri iyi Kipe kuko aya masezerano azageza muri 2023.
Aje muri iyi kipe yo mu Bwongereza asimbuye Nuno Espirito Santo wirukanywe kubera umusaruro muke, akaba asanze iyi Kipe iri ku mwanya wa 8 ku rutonde rwa shampiyona, mu mikino 17.
Uyu mugabo ukomoka mu Butaliyani afite imyaka 52 aheruka mu Bwongereza ubwo yatozaga ikipe ya Chelsea ndetse yayihesheje igikombe cya shampiyona 2016-2017, akaba yarirukanwe muri 2018 amaze gutwarana na Chelsea FA cup .
Antio Conte yatangaje ko yishimiye kongera kugaruka ku ntebe y’abatoza, aho yagiye gukorana n’ikipe ifite intego (ambitious)
Aragira ati, “Ndishimye cyane si njye uzabona ntangiye gukora kugira ngo mfashe ikipe n’abafana kugera ku byiza ndanezerwe rwose.”
Antonio conte yari aherutse gutandukana na Inter Milan muri Gicurasi, ni nyuma y’uko yari amaze kuyihesha igikombe cya mbere cya Serie A shampiyona yo mu butaliyani cyane ko hari hashyize imyaka 11 iyi Kipe itazi uko igikombe gisa.
Uyu mugabo mu minsi yashyize yavuzwe muri Manchester united Aho byavuzwe ko ashobora gusimbura Ole ariko birangira adahawe akazi nibwo yafashe icyemezo cyo kwerekeza muri Hospars .
kuri uyu wa Kane afite akazi katoroshye kuko azatoza umukino we wa Mbere akina na Vitesse Arnhem yo mu Buholandi mu irushanwa rya Europa Conference League, nanone kandi Ku cy’umweru azakina undi mukino wa shampiyona akina na Everton.






















