Yanditswe na MUTUNGIREHE Samuel
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Kagame Paul yahagaritse by’agateganyo Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Dr. Nsanzimana Sabin, kubera ibyo agiye kubazwa akurikiranyweho.
Byatangajwe mu Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, kuri uyu wa Kabiri, ryemeje ko uyu muyobozi yahagaritswe kugira ngo abanze yisobanure ku byo akurikiranyweho.
Umuvugizi wa Guverinoma Yolande Makolo yabwiye Mamaurwagasabo ko Dr. Nsanzimana Sabin akurikiranyweho imikorere mibi mu nshingano yari ashinzwe.
Ati "Nkuko itangazo ribivuga, yahagaritswe kandi ari gukorwaho iperereza. Tugomba gutegereza ikizava muri iryo perereza ku byo abazwa."
Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 29 Nyakanga 2019 iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakoze amavugurura mu bigo bimwe bya Leta birimo RBC, RGB, LODA n’ahandi. Mu Kigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) yashyizeho Dr. NSANZIMANA Sabin nk’Umuyobozi Mukuru (Director General).
















