Thursday . 5 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 5 March » Iran yatangije ibitero byo ku butaka ku Ba Kurde bo muri Iraq – read more
  • 5 March » Rura yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli – read more
  • 5 March » Inama y’abaminisitiri yemeje ifungurwa ry’abarenga 1800 – read more
  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more

Umuvugizi wa Guverinoma hari icyo avuga ku ihagarikwa rya Dr. Sabin wayoboraga RBC

Tuesday 7 December 2021
    Yasomwe na

Yanditswe na MUTUNGIREHE Samuel

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Kagame Paul yahagaritse by’agateganyo Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Dr. Nsanzimana Sabin, kubera ibyo agiye kubazwa akurikiranyweho.

Byatangajwe mu Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, kuri uyu wa Kabiri, ryemeje ko uyu muyobozi yahagaritswe kugira ngo abanze yisobanure ku byo akurikiranyweho.

Umuvugizi wa Guverinoma Yolande Makolo yabwiye Mamaurwagasabo ko Dr. Nsanzimana Sabin akurikiranyweho imikorere mibi mu nshingano yari ashinzwe.

Ati "Nkuko itangazo ribivuga, yahagaritswe kandi ari gukorwaho iperereza. Tugomba gutegereza ikizava muri iryo perereza ku byo abazwa."

Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 29 Nyakanga 2019 iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakoze amavugurura mu bigo bimwe bya Leta birimo RBC, RGB, LODA n’ahandi. Mu Kigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) yashyizeho Dr. NSANZIMANA Sabin nk’Umuyobozi Mukuru (Director General).

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru