Lord Mandelson yasezeye mu ishyaka ry’abakozi mu bwongereza avuga ko ashaka kuririnda “gukomeza kurikoza isoni” bitewe n’ibivugwa ku mubano we na Jeffrey Epstein.
Inyandiko nshya zasohotse muri Amerika ku wa Gatanu zigaragaza ko Epstein yaba yarohereje Mandelson amadolari 75,000 mu byiciro bitatu hagati ya 2003 na 2004. Zigaragaza kandi ko mu 2009 Epstein yohereje amapawundi 10,000 kuri Reinaldo Avila da Silva, wari umukunzi wa Mandelson icyo gihe, ubu akaba ari umugabo we.
Mandelson avuga ko nta makuru afite y’ayo mafaranga bivugwa ko yahawe mu myaka 20 ishize, kandi ko yemera ko ayo makuru ashobora kuba ari “ibinyoma”, ariko akavuga ko agomba kubikoraho iperereza ku giti cye.
Yongeyeho ati: “Ndifuza kongera gusaba imbabazi abagore n’abakobwa bagizweho ingaruka, amajwi yabo yagombaga kumvwa kera cyane.”
Jeffrey Epstein yakatiwe igifungo cy’amezi 18 mu 2008 nyuma yo kwemera ibyaha bibiri birimo gushuka abakobwa b’imyaka nka 14 ngo bakore uburaya. Yapfiriye muri gereza mu 2019.
Chadadi Habimana


















