Ingaruka z’imyigaragambyo irembeje Perezida wa Kenya, William Ruto ntizageze ku kwirukana abagize Guverinoma gusa ahubwo n’Umuyobozi wa Polisi Japhet Koome yanditse asezera.
Ubwegure bwa Koome yabugejeje kuri Perezida Dr. William Samoei Ruto kuri uyu wa Gatanu.
Ibiro bya Perezidanse ya Kenya byatangaje ko inshingano za Koome zasigaye mu biganza by’uwari umwungirije, Deputy police chief Douglas Kanja.
Uyu Bwana Koome yaguye nyuma yaho igipolisi cya Kenya gushyizwe mu majwi ko kirimo gukoresha imbaraga z’umurengera mu guhangana n’abigaragambya bashaka ko Perezida Ruto ava ku butegetsi nyuma yo kuzana umushinga w’itegeko ryari rigiye kuzamura umusoro ku banyakenya nyamara badasiba kugaragara ko ubuzima burushaho guhenda mu gihugu.
Ibi byose byatewe n’imyigaragambyo yabaye muri Kenya yamaganaga itegeko ry’ingengo y’imari ya 2024/2025, yangirikiyemo ibintu bitandukanye birimo n’inyubako zitandukanye zirimo igice cy’ingoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya.




















