Kuri uyu wa mbere kuri stade ya Martyrs i Kinshassa muri DRC uruhimbi ruzakirirwaho Papa Fransis rwatwawe n’umuyaga habura amasaha make ngo agere muri iki gihugu.
Amakuru y’ibanze atangazwa n’ikinyamakuru okapinews.net cyandikirwa muri Congo aravuga ko inkubi y’umuyaga yibasiye Kinshassa ariyo yasenye urwo ruhimbi.
Ababonye ibi biba barimo kwibaza niba ari impanuka cyangwa haba hari undi mugambi ubyihishe inyuma, gusa abubakaga urwo ruhimbi bemeje ko byatewe n’umuyaga ufite ingufu na cyane ko rwari rukirimo kubakwa.
Byari byitezwe ko kuri uyu mugoroba, ibintu byose biba byatunganijwe ukurikije gahunda ihari.
Biteganijwe kandi ko Papa Francis agera i Kinshassa kuri uyu wa kabiri akururukira ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Ndjili.



















