Venezuela yakiriye amafaranga ya mbere akomoka ku igurishwa rya peteroli yayo ryakozwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’uko Perezida Nicolas Maduro afashwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Mutarama.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje mu cyumweru gishize ko zarangije kugurisha peteroli ya Venezuela ku gaciro ka miliyoni 500 z’amadolari ya Amerika.
Umuyobozi w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodríguez, yagize ati: “Turabamenyesha ko twabonye amafaranga aturutse ku igurishwa rya peteroli, kandi mu mafaranga ya mbere angana na miliyoni 500 z’amadolari, tumaze kubona miliyoni 300.” Ibi yabivugiye mu muhango wabereye i Caracas ku wa Kabiri.
Rodríguez yatangaje ko ayo mafaranga ya mbere angana na miliyoni 300 z’amadolari(angana na miliyoni 256 z’amayero) azakoreshwa mu gufasha kuzahura ifaranga ry’igihugu ryari ryarahungabanye bikomeye, bolivar.
Yagize ati ayo mafaranga azakoreshwa mu kubungabunga isoko ry’ivunjisha ry’amafaranga kugira ngo “harindwe umushahara n’ubushobozi bwo kugura bw’abakozi bacu.”
Ibisobanuro birambuye ku bijyanye n’igurishwa rya peteroli ryakozwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntibiramenyekana neza. Gusa, ibiro ntaramakuru by’abongereza Reuters byatangaje ko icyo gihe peteroli ya Venezuela yagurishijwe ku giciro gito ugereranyije n’iyo mu bindi bihugu, hagamijwe kuyishakira abaguzi bayigura.
Hagati aho, abadepite ba Venezuela biteganyijwe ko baza kuganira no kujya impaka ku bigendanye n’ivugururwa ry’urwego rwa peteroli muri iki cyumweru.
Ivugururwa riteganyijwe ririmo kugabanya ububasha bukomeye bw’ikigo cya Leta gishinzwe peteroli na gaze, PDVSA, ku bijyanye n’ishoramari rishya.
Ubu itegeko ry’igihugu rigenga iby’umutungo kamere wa peteroli (hydrocarbures) risaba ko abafatanyabikorwa b’abanyamahanga bakorana na PDVSA, kandi iki kigo cya Leta kikagira imigabane myinshi (majority stake) muri iyo mishinga.
Chadadi Habimana























