Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Venezuela igiye kohereza ingunguru za peteroli zigera kuri miliyoni 50 muri Amerika

Wednesday 7 January 2026
    Yasomwe na

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Venezuela izashyikiriza Amerika hagati ya miliyoni 30 na 50 z’ingunguru za peteroli zari zarafatiwe ibihano, zikazagurishwa ku giciro cy’isoko amafaranga avuyemo akagenzurwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Trump yavuze ko ayo mafaranga azakoreshwa mu nyungu z’abaturage ba Venezuela n’aba Amerika.

Ubuyobozi bwa Amerika buvuga ko iyo peteroli yamaze gukurwa mu butaka, igice kinini kikaba kiri mu mato kigiye kujyanwa mu nganda zitunganya peteroli zo mu gice cya Gulf of Mexico. Nubwo uwo mubare usa n’aho ari munini, Amerika ikoresha peteroli irenga miliyoni 20 z’ingunguru ku munsi, bityo ingaruka ku giciro cya essence zikaba zishobora kuba nto.

Nyuma y’iryo tangazo, igiciro cya peteroli ku isoko mpuzamahanga cyagabanutseho gato, aho bariyeri yagabanutseho hafi idolari rimwe. Kugurisha iyo peteroli bishobora kwinjiriza Amerika miliyari z’amadolari, ariko bikaba byanagabanya ububiko bwa peteroli bwa Venezuela, bwari bumaze igihe bwiyongera kubera ibihano byari byarayifatiwe.

Nzakizwanimana Rosine

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru