Sunday . 31 May 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more

Venezuela igiye kohereza ingunguru za peteroli zigera kuri miliyoni 50 muri Amerika

Wednesday 7 January 2026
    Yasomwe na

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Venezuela izashyikiriza Amerika hagati ya miliyoni 30 na 50 z’ingunguru za peteroli zari zarafatiwe ibihano, zikazagurishwa ku giciro cy’isoko amafaranga avuyemo akagenzurwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Trump yavuze ko ayo mafaranga azakoreshwa mu nyungu z’abaturage ba Venezuela n’aba Amerika.

Ubuyobozi bwa Amerika buvuga ko iyo peteroli yamaze gukurwa mu butaka, igice kinini kikaba kiri mu mato kigiye kujyanwa mu nganda zitunganya peteroli zo mu gice cya Gulf of Mexico. Nubwo uwo mubare usa n’aho ari munini, Amerika ikoresha peteroli irenga miliyoni 20 z’ingunguru ku munsi, bityo ingaruka ku giciro cya essence zikaba zishobora kuba nto.

Nyuma y’iryo tangazo, igiciro cya peteroli ku isoko mpuzamahanga cyagabanutseho gato, aho bariyeri yagabanutseho hafi idolari rimwe. Kugurisha iyo peteroli bishobora kwinjiriza Amerika miliyari z’amadolari, ariko bikaba byanagabanya ububiko bwa peteroli bwa Venezuela, bwari bumaze igihe bwiyongera kubera ibihano byari byarayifatiwe.

Nzakizwanimana Rosine

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru