Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, abantu 19 bahitanwe n’igisasu cyaturikiye mu Majyepfo y’intara ya Tigray ishyamiranye na Leta ya Ethiopia.
Ni igisasu cyaturikiye mu mujyi wa Mai Tsebri aho 17 bahise bahasiga ubuzima nk’uko byatangajwe n’umukozi uri mu bikorwa by’ubutabazi muri ako gace.
Icyo gisasu gituritse mu gihe hashize iminsi mike Perezida wa Amerika Joe Biden azamuye ijwi ku bitero nk’ibyo birimo gukorwa na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia, Dr. Abiy Ahmed.
Uwo mutangabuhamya yavuze ko igisasu cyanakomerekeje kandi abagera kuri 12 kinica ingamiya 16 zari aho.
Nk’uko yakomeje abivuga, ngo akigera ahabereye iryo turika, umukozi uri mu butabazi babwiwe n’abaturage ko mbere yuko igisasu giterwa aho habanje guca indege zitagira abapilote, drones zitegereza hasi cyane, mu kanya nk’ako guhumbya bumva gutaka cyane bagiye basanga ni abagore n’ingamiya bamaze kujugunywaho igiturika bashizemo umwuka.
Hari hashize ikindi cyumweru kandi habaye irindi turika mu Majyepfo ya Tigray aho ryabaye nanone ku wa kabiri w’icyumweru gishize, abantu babiri bahita bahasiga ubuzima ahitwa Hiwane, mu Murwa mukuru wa Tigray witwa Mekelle.
Perezida Biden ubwe yari amaze iminsi yihamagariye Dr. Ahmed kuri Telefone amubwira ko akomeje kwica abasivile muri Tigray.
Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa bivuga ko igitangaje ari uko Umuvugizi wa Guverinoma ya Ethiopia yahise avuga ko nta makuru afite kuri iryo turika ry’ejo ku wa kabiri.




















