Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

AFC/M23 yahamagariye indi mitwe ya politiki n’ingabo guhagurukira impinduka muri DRC

Monday 17 February 2025
    Yasomwe na

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ryiyemeje gutabara abaturage bo mu Mujyi wa Bukavu, rihamagarira indi mitwe ya politiki n’ingabo batishimiye uko ubutegetsi bumeze muri Congo guhaguruka bagashaka impinduka.

Bikubiye mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa 16 Gashyantare 2025, aho yavuze ko M23 yafashe icyemezo cyo gufaat umujyi wa Bukavu nyuma y’uko abaturage baho bari baratereranywe n’ihuriro z’ingabo za RDC, iz’u Burundi, iz’abajenosideri za FDLR n’indi mitwe, bashyiraga ubuzima bwabo mu kaga.

Itangazo rirakomeza riti “Kuva mu gitondo cyo ku wa 16 Gashyantare 2025, ingabo zacu zari ziri gukora uko zishoboye ngo zigarure umutekano abaturage n’ibyabo ndetse byakozwe ndetse byakirirwa neza, baturage bose baratabarwa.”

AFC/M23 yasabye imitwe ya politiki n’izindi ngabo zigamije kurengera abaturage ariko zitemeranya n’ubutegetsi bwa Kinshasa, kubiyungaho mu rugamba rugamije impinduka mu miyoborere ya RDC.

AFC/M23 kandi yakomeje ivuga ko mu gihe ingabo za RDC n’imitwe bifatanya mu bikorwa byo kugirira nabi abaturage ba Congo bazibukira ibyo bikorwa bibisha bitajya binayihira, ingingo yo guhagarika imirwano izagerwaho, ndetse inabe inzira y’amahoro arambye muri iki gihugu cya kabiri kinini muri Afurika.

Umujyi wa Bukavu, mukuru muri Kivu y’Amajyepfo nawo uriu mu biganza bya M23

Uyu mutwe kandi warahiriye ko uzakomeza kubahiriza inshingano zawo wo gukomeza kurengera abasivili n’ibice wamaze kubohora mu kwirinda ubugizi bwa nabi bukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa n’abambari babwo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru