Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

AU yatumiye abahanganye muri Congo kwitabira ibiganiro bitegerejwe i Nairobi

Monday 31 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Umuyobozi w’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe, AU, Macky Sall akaba na Perezida wa Senegal, we na Perezida wa komisiyo y’uyu muryango Moussa Faki Mahamat, basabye ko intambara muri Congo ihagarara.

Itangazo basohoye kuri iki cyumweru, rivuga ko Africa yunze Ubumwe ihangayikishijwe cyane no kuba ibintu biba bibi cyane mu Ntara z’Uburasirazuba bwa Congo.

AU yasabye impande zihanganye “guhita zihagarika imirwano, kubahiriza amategeko mpuzamahanga, umutekano w’abaturage, no kubahiriza ituze ry’imipaka y’ibihugu by’Akarere.”

Aba bayobozi basabye impande zose kujya mu biganiro byubaka mu nzira zisanzwe ziteganyijwe, zirimo iy’amahoro, umutekano, n’ubufatanye y’Umuryango wa Africa yunze ubumwe ireba Congo n’ibihugu by’akarere, ndetse n’inzira z’ibiganiro bihuza Abanye-congo bo mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Itangazo rigira riti “Kuri iyi mpamvu, barasaba (abayobozi ba AU) impande zose kwitabira n’umutima mwiza ibiganiro bya gatatu bizahuza Abanye-congo biteganyijwe i Nairobi, kuva tariki 4-13 Ugishyingo, 2022.”

Africa yunze Ubumwe ishyigikiye inzira yari yagenwe yo gusubiza mu buryo umubano w’u Rwanda na Congo, mu biganiro byabereye i Luanda muri Angola.

Itangazo rivuga ko ibikorwa by’umuryango wa Africa yunze ubumwe, iby’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, n’iby’Inama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga bigari, CIRGL byose byuzuzanya.

Africa yunze Ubumwe yasabye Perezida wa Angola, Joao Lourenco gukomeza akazi ke k’ubuhuza mu biganiro bya Congo n’u Rwanda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru