Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

AU yatumiye abahanganye muri Congo kwitabira ibiganiro bitegerejwe i Nairobi

Monday 31 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Umuyobozi w’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe, AU, Macky Sall akaba na Perezida wa Senegal, we na Perezida wa komisiyo y’uyu muryango Moussa Faki Mahamat, basabye ko intambara muri Congo ihagarara.

Itangazo basohoye kuri iki cyumweru, rivuga ko Africa yunze Ubumwe ihangayikishijwe cyane no kuba ibintu biba bibi cyane mu Ntara z’Uburasirazuba bwa Congo.

AU yasabye impande zihanganye “guhita zihagarika imirwano, kubahiriza amategeko mpuzamahanga, umutekano w’abaturage, no kubahiriza ituze ry’imipaka y’ibihugu by’Akarere.”

Aba bayobozi basabye impande zose kujya mu biganiro byubaka mu nzira zisanzwe ziteganyijwe, zirimo iy’amahoro, umutekano, n’ubufatanye y’Umuryango wa Africa yunze ubumwe ireba Congo n’ibihugu by’akarere, ndetse n’inzira z’ibiganiro bihuza Abanye-congo bo mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

Itangazo rigira riti “Kuri iyi mpamvu, barasaba (abayobozi ba AU) impande zose kwitabira n’umutima mwiza ibiganiro bya gatatu bizahuza Abanye-congo biteganyijwe i Nairobi, kuva tariki 4-13 Ugishyingo, 2022.”

Africa yunze Ubumwe ishyigikiye inzira yari yagenwe yo gusubiza mu buryo umubano w’u Rwanda na Congo, mu biganiro byabereye i Luanda muri Angola.

Itangazo rivuga ko ibikorwa by’umuryango wa Africa yunze ubumwe, iby’Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, n’iby’Inama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga bigari, CIRGL byose byuzuzanya.

Africa yunze Ubumwe yasabye Perezida wa Angola, Joao Lourenco gukomeza akazi ke k’ubuhuza mu biganiro bya Congo n’u Rwanda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru