Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Abafite umubyibuho ukabije mu bari kuzahazwa na COVID-19

Thursday 11 February 2021
    Yasomwe na

Ikigo k’igihugu cy’Ubuzama RBC, cyatangaje ko mu bari kuzahazwa na virusi ya Corona, ku isonga barimo n’abantu bafite umubyibuho ukabije.

Inzobere mu by’imirire zivuga ko kugabanya umubyibuho ukabije ari ikemezo gikome umuntu afata ku giti ke, bikamufasha kugira ubuzima bwiza no kutazahazwa n’indwara zirimo n’iziterwa na za virusi.

RBC icuga ko umubyibuho ukabije uba intandaro yo kudatembera neza kw’amaraso umuntu akananirwa guhumeka neza.

RBC igira inama abafite umubyibuho ukabije kwimenya bakarushaho kwitwararika muri ibi bihe isi n’u Rwanda byugarijwe na coronavirusi izahaza cyane abasanganywe izindi ndwara mu mubiri, kuko bari mu bo iri kuzahaza cyane.

Ubushakashatsi buheruka mu 2015 bwa Minisiteri y’Ubuzima bwagaragaje ko mu Rwanda abantu 19% bari bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije. Muri bo abagera kuri 4.9% uwo mubyibuho wari warahindutsemo ubutwayi.

Umubyibuho ukabije kandi ni wo uza ku isonga mu kuzahazwa n’indwara zitandura zirimo diyabete, umuvuduko ukabije w’amaraso, indwara z’umutima, impyiko n’izindi.

Ubushakashatsi bwerekana kandi ko umubyibuho ukabije ari ikibazo kiganje mu bagore cyane kurusha abagabo.

Inzobere mu by’imirire zisobanura ko umubyibuho ukabije ukururwa no kurya no kunywa cyane ibintu byiganjemo isukari n’amavuta byinshi birimo n’inzoga bityo umubiri w’umuntu ntubikoreshe neza kuko byawubanye byinshi bityo bigatera kwiyongera gukabije kw’ibinure mu mubiri bikazamura cyane n’ibiro bye.

kugeza ubu mu bari kwitabwaho mu bigo byagenewe kuvura abafite COVID-19, abagera kuri 18 bari kwitabwaho bahabwa ubuyabazi kuko barembejwe na coronavirusi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru