Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Abarundi baba mu nkami z’impunzi za Nduta na Nyarugusu muri Tanzania basanga leta yabo ikwiye kubanza gukemura ibibazo byatumye bahunga mbere yo kubahamagarira guhunguka.
Ibyo babivuze nyuma y’uruzinduko rw’abantu 10 bari impunzi mu bihugu bitandukanye basuye izo nkambi 2 mu cyumweru gishize. Leta y’Uburundi yohereje izo mpunzi kugirango zihamagarire izindi mpunzi zahungiye mu gihugu cya Tanzania gutaha mu gihugu cyababyaye.
Gusa amakuru dukesha Ijwi ry’Amerika avuga ko , bimwe mu byo basaba leta y’Uburundi nyuma y’aho ibahamagarira gutaha ni ugukemura ikibazo cy gukemura umutekano wa buri muntu.
Umwe mu mpunzi yagize ati: “muguhunga twarihunganye, kubera ko twabonye ko ntamutekano uhari ntibatubwiye ngo niduhunge twabonye ko ibyo bari gukora ataribyiza turahunga, nibakora ibyiza natwe tuzizana.”
Leta ngo irasabwa kwiyegereza umuntu wahungutse ikamurinda Imbonera kure ntizongere kuba mu gihugu, ibiciro bikagabanuka ubundi amahoro aboneke mu Burundi.
Bamwe bavuze ko umutekano uri ku muntu uteri kubantu bose, kuko ngo bamwe bahunze inshuro zirenze imwe. Mbere baratahaga bagasanga ntamahoro ahari igihe cyose kugeza ubu baracyavuga ko ntamahoro ari mu Burundi.



















