MUTUNGIREHE Samuel
Kuri uyu wa Kabiri i Kigali mu Rwanda hagiye gutangira ibiganiro by’inama izwi nk’Icyumweru Nyafurika cy’Ibigo by’Imari Iciriritse “Semaine Africaine de Microfinance, SAM” isuzumirwami bijyanye n’isaranganwa ry’ubukungu no kugeza serivisi z’imari kuri benshi bashoboka ku mugabane w’Afirika nk’uburyo bwo gucogoza ubukene bwatijwe umurindi n’icyorezo cya COVID19 cyaje gisanga nubundi utorohewe.
Ni inama u Rwanda rwakiriye, ibaye ku nshuro ya gatanu, ije isanga umugabane w’Afurika kimwe n’indi migabane ku isi iri mu ihungabana ry’ubukungu ryatewe n’icyorezo cya COVID19.
Ni inama ihuriyemo impuguke zitandukanye mu by’ubukungu, abakora mu nzego z’imari, amabanki, abafatanaybikorwa mu ishiramari n’abandi bose hamwe barenga 600 uko baturutse hirya no hino mu bihugu byo ku mugabane w’Afurika.
Kugeza ubu ubushakashatsi bugaragaza ko mu Rwanda igipimo cyo kwizigamira mu Banyarwanda kigeze kuri 13%, muri gahunda y’Igihugu Mbaturabukungu NST1 biteganywa kugera kuri 20% mu 2024.
















