Tuesday . 19 May 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more
  • 23 April » AFC/M23 na Kinshasa bemeranyije guhererekanya imfungwa zikanyuzwa muri Uganda – read more

Afurika y’Epfo: Ibiciro byateje imyigaragambyo

Thursday 25 August 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Nimugire Fidelia

Abaturage bo muri Afurika y’Epfo,zz yaba abafite akazi cyangwa abashomeri bazindukiye mu myigaragambyo mu rwego rwo kwereka leta ko izamuka ry’ibiciro rikabije byaba iby’ibiribwa, iby’ingendo n’ibindi.

Ibyo byabaye kuri uyu wa Gatatu aho abagera ku bihumbi bitanu bazindukiye mu mihanda bigaragambya, bifashishije indirimbo zakoreshwaga mu rugamba rwo kubohora igihugu; bose berekeza ku biro bya perezida, basaba ko yabafasha agakemura ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro.

Mu myaka 13 ishize ifaranga ryataye agaciro ku kigero cyo hejuru, kandi hafi kimwe cya gatatu cy’abaturage bo muri Afurika y’Epfo nta kazi bafite.

Umwe mu baturage yabwiye BBC ko impamvu yabateye kwigaragambya ari ukugira ngo babwire leta igire icyo yabafasha ku kigendanye n’ibiciro.

Ati “Turarambiwe. Ubu kugira ngo umuntu abeho birasaba ikiguzi cyo hejuru, nta kintu umuntu yapfa kubasha kugura. Ndetse yaba amafaranga y’ishuri, ibiciro by’indendo n’ubukode byose kubibona biragoye.”

Yongeyeho ati "Tumaze imyaka ine tutongezwa umushahara, kandi ibintu birarushaho guhenda, turasaba guverinoma kugira icyo ikora.”

Amatsinda akomeye yo muri Afurika y’Epfo yaba ahagarariye abakozi mu gihugu ndetse n’ubucuruzi, avuga ko byose byatewe na leta itaritaye ku ihungabana ry’ubukungu ryatewe n’icyorezo cya Covid-19.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru