Abarwanyi b’umutwe Al-Shabaab bagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo z’Ubumwe bwa Afurika (AU) ziri mu butumwa muri Somalia, bigwam abasirikare b’u Burundi bataramenyekana umubare.
Aba barwanyi bitwaje intwaro zikomeye bagabye ibitero ku birindiro by’aho ingabo z’u Burundi hafi y’agace ka Ceel Baraf, mu bilometero 160 mu Burasirazuba bw’Umurwa Mukuru Mogadishu.
Izo ngabo ziri mu butumwa bw’inzibacyuho bw’Ubumwe bwa Afurika muri Somalia (ATMIS), bwahoze bwitwa Ubutumwa bw’Ubumwe bwa Afurika muri Somalia (AMISOM) bwahindutse guhera ku wa 1 Mata 2022.
AFP yanditse ko umwe mu bayobozi b’ingabo muri kariya gace, Mohamed Ali, yavuze ko habayeho kurasana impande zombi zihaburira abasirikare.
Yagize ati, "Habayeho ukurasana gukomeye ndetse no gutakaza abantu ku mpande zombi, ariko nta makuru menshi dufite kugeza ubu. Bagabye igitero bakoresheje igisasu cyatezwe mu modoka kiraturika, mbere yo kurasana gukomeye kwahise gukurikiraho."
Al-Shabaab imaze igihe kinini igaba ibitero kuri Guverinoma ya Somalia no ku nyubako zitandukanye zaba iza leta n’iz’abikorera, mu bikorwa by’iterabwoba.
Yaje kwigamba icyo gitero, inavuga ko yishe abasirikare benshi b’u Burundi.
Hari amakuru ko nyuma yo kugabwaho igitero, Ingabo z’u Burundi zahise ziva mu nkambi zinjira mu cyaro cya Ceel Baraf mbere y’uko haza za kajugujugu ngo zitange ubufasha.
Ingabo za AU ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somalia guhera mu 2007.
Ubutumwa bushya izi ngabo zifite ni ugufasha ingabo za Somalia gufata inshingano z’umutekano wayo.
Biteganywa ko abasirikare, abapolisi n’abasivili ba ATMIS bazakomeza kugabanywa bakava mu 20,000 bakagera kuri zeru mu 2024.
Al-Shabaab yari yarigaruriye ibice byinshi bya Somalia harimo n’umurwa mukuru Mogadishu kugeza mu 2011, birukanwamo n’ingabo za AU.















