Ndayambaje Jean Claude
Umuzamu Kwizera Olivier biravugwa ko ategerejwe mu ikipe ya Rayon Sports, nyirubwite ariko akavuga ko kugeza ubu atazi niba agomba kugaruka muri iyi Kipe nkuko bikomeje kugarukwaho mu itangazamakuru.
Nyuma y’umunsi wa Kabiri wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 ibiganiro birarimbanije hagati ya Rayon sports na Kwizera Olivier, kugeza ubu udafite ikipe abarizwamo, nyuma yaho iyi kipe izwi nka Gikundiro inganyije na Rutsiro fc ibitego 2-2 ku makosa yaturutse ku munyezamu Hategekimana Bonheur ndetse byamuviriyemo ikarita y’umutuku mu minota ya nyuma y’umukino.
Kwizera Olivier wasabaga agera kuri miliyoni 8 Frw ku masezerano y’umwaka umwe cyangwa se agahabwa miliyoni 13 Frw ku myaka ibiri, ntaramenya neza niba agaruka mu ikipe ya Rayon sports.
Mu kiganiro yagiranye na mamaurwagasabo.rw kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Ugushyingo 2021, yavuze ko yagiranye ibiganiro n’ubuyobozi bwa Rayon sports mu minsi yashyize ariko ibyo kugaruka akaba atarabimenya neza, ngo aracyategereje.
Yagize ati"Njyewe ntabwo mbizi ibyo kugaruka muri Rayon sports, inkuru zanjye zihimbwa buri munsi, uko bukeye nuko bwije, gusa mu minsi yashyize naganiriye nabo ariko sindabimenya neza."
Uyu munyezamu bivugwa ko agifite amasezerana ya Rayon Sports ariko we atemera, aheruka mu izamu ryayo ubwo Rayon sports yanganyaga na Gasogi United ibitego 1-1 muri Gicurasi 2021, umukino wabereye mu karere ka Bugesera .
Muri Nyakaga Kwizera yari yatangaje ko ahagaritse umupira w’amaguru, ibintu bitavuzweho rumwe n’abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda, nyuma y’iminsi mike yongeye kugaruka ndetse ahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi , aho yongeye kwirukanirirwa mu mwihorere bitewe n’imyitwarire mibi nk’uko umutoza Mashami yabitangaje icyo gihe.






















