Ndayambaje Jean Claude
Federasiyo y’umupira w’Amaguru mu Rwanda "FERWAFA" igiye gukoresha akavagari ka miliyari hafi 9 (8.983.155.532 Frw) mu ngengo y’imari umwaka utaha wa 2022.
Aya mafaranga azakoreshwa mu bikorwa bitandukanye birimo guteza imbere umupira w’Amaguru ndetse n’amarushanwa , bikazatwara asaga miliyari 7,76 Frw ,mu gihe kandi agera kuri miliyari 1,21 Frw azakoreshwa mu bikorwa bya FERWAFA birimo imishahara y’abakozi n’ibindi bitandukanye.
Amafaranga yavuzwe haruguru yagenewe amarushanwa azavamo miliyari 2,21 Frw azagenerwa amakipe y’Igihugu azitabira amarushanwa atandukanye mu mwaka wa 2022 harimo imikino ya CECAFA, amajonjora ya CHAN, amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2023 n’imikino ya gicuti ku makipe y’igihugu azajya ategura .
Aya mafaranga amwe azatangwa n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo Minisiteri ya Siporo izajya ihemba umuyobozi wa Tekinike, abatoza b’ikipe y’Igihugu nibo kandi bagira uruhare mu gutegura aya makipe, FIFA, CAF n’ibindi bikorwa bitandukanye .
Umwaka wa 2021 ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryari yateganyije ko rizakoresha ingengo y’imari ingana na 6,364,175,639 Frw arimo miliyari 1.595 Frw agenewe amakipe y’igihugu mu bijyanye na marushanwa.
Ferwafa kandi irimo gutegura inama izaba tariki ya 18 Ukuboza 2021 n’abayobozi b’amakipe y’umupira w’Amaguru mu cyiciro cya mbere ndetse n’icya kabiri izabera kuri hotel Sainte Famille mu mujyi wa kigali ari nabwo bazaganira kuri iyi ngengo y’imari.
Ferwafa kandi yamaze kugirana inama na minisiteri ya siporo yabereye mu karere ka Rubavu aho bagomba kurebera hamwe ibijyanye n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda idahagaze neza, n’umusaruro hafi ya ntabwo, gusa imyanzuro yavuyemo ikaba itaratangazwa.















