Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yanenze ibihugu byabonaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 irimo gukorwa bikarebera, bikicecekera bituma abasaga miliyoni imwe bicwa nyamara bari bafite ubushobozi bwo kugira igikorwa kihuse.
Yabivuze mu ijambo yageneye Isi mu bikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Guterres yavuze ko ari umwanya wo kwibuka abazize Jenoside no gushima ubutwari bw’abayirokotse banze guheranwa n’amateka.
Yashimangiye kandi ko ari umwanya wo kuzirikana ku kunanirwa k’umuryango mpuzamahanga, UN.
Yakomeje ati "Jenoside ntabwo yari impanuka cyangwa ikintu kidashobora kwirindwa. Ni igikorwa cyateguwe kandi kiba ku manywa y’ihangu. Nta muntu n’umwe wakurikiranaga ibibera ku Isi cyangwa warebye amakuru wari guhakana ubugizi bwa nabi bwari burimo gukorwa."
Akomeza agira ati, "Nyamara bake cyane ni bo babyamaganye– ndetse bake cyane kurushaho ni bo bagerageza gutabara. Hari byinshi byari bikwiye kandi byashoboraga gukorwa. Igisekuru kirahise nyuma y’ibyabaye ariko ipfunwe riracyahari."
Guterres yavuze ko mu kwibuka Jenoside yakozwe mu myaka 28 ishize, ari ngombwa ko abantu bibuka ko bakwiye kugira amahitamo meza, bagahitamo ubumuntu aho kuba urwango; impuhwe aho kuba ubugome; ubutwari aho kuba ubugwari; n’ubwiyunge aho kuba umujinya.
Yavuze ko muri iki gihe abantu bakwiye kumva ko badakwiye kurebera amahano akorwa, nyamara ngo hari aho bikomeza kuba mu bihugu byinshi haba muri Afurika, Uburasirazuba bwo Hagati n’ahandi.















