Umugaba Mukuru w’Ingabo za Irani, Gen.Maj Abdolrahim Mousavi, yatanze ubutumwa bukomeye mu muhango wari usanzwe uyoborwa n’umuyobozi w’Ikirenga Ayatollah Ali Khamenei, aho uyu mwaka wari utandukanye n’imigenzo isanzwe yo kuzirikana impinduramatwara yo mu 1979.
Nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru Tasnim, Mousavi yagarutse ku mwuka mubi hagati ya Irani na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ashimangira ko Irani “idafite umugambi wo gutangiza intambara yo mu karere,” anongeraho ko amakimbirane nk’ayo yashyira akaga iterambere ry’akarere mu myaka myinshi iri imbere.
Gusa yasobanuye ko Irani itazazuyaza kwitabara byimazeyo igihe cyose yagabwaho igitero n’uruhande urwo ari rwo rwose.
Uyu musirikare mukuru yanavuze ko yishimiye cyane guhagararira Umutegetsi w’Ikirenga muri uwo muhango.
Uyu muhango wabaye mu gihe umubano wa Teheran na Washington ukomeje kuzamba, cyane cyane nyuma y’uko Amerika yohereje mu byumweru bishize izindi ngabo n’ibikoresho bya gisirikare mu karere.
Itangazamakuru ryo muri Irani ntiryasobanuye impamvu Umuyobozi w’Ikirenga atitabiriye uwo muhango.
Tariki ya 31 Mutarama, Ayatollah Khamenei yari yasuye igituro cya Ayatollah Ruhollah Khomeini, washinze Repubulika ya Kiyisilamu, mu kumwibuka, naho ku munsi wakurikiyeho atanga ikiganiro mu cyumba cy’idini kiri hafi y’aho atuye, avuga ko igitero cyose cyagabwa na Amerika kuri Irani cyahita gikurura intambara yo mu karere.
Kuba Khamenei atitabiriye uyu muhango ni ibintu bitigeze bibaho mbere, kuko yagiye awitabira n’indi mihango nk’iyi, ndetse no mu gihe cy’icyorezo cya Covid-19.
Chadadi Habimana





















