Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Ba perezida muri EAC na SADC bagiye kongera guhurira ku bibazo bya Congo na M23

Monday 24 March 2025
    Yasomwe na

Abakuru b’ibihugu bigize imiryango ibiri, uwa Afurika y’iburasirazuba EAC n’uwa Afurika y’Amajyepfo SADC bagiye kongera guhurira mu nama, baganira ku kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC).

Ni inama iza kuba hifashishijwe ikoranabuhanga, aho buri mukuru w’igihugu aza kuba ari imbere y’inyakiramashusho, baganira ku ngingo zitandukanye z’inama y’umunsi.

Inama ya SADC na EAC ishobora kugaruka ku musaruro w’ibyavuye mu nama yahuje Perezida Tshisekedi na Kagame muri Qatar

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Nduhungirehe Olivier, yabitangaje ku mugoroba wo ku wa 23 Werurwe 2025 mu kiganiro Inkuru mu Makuru kuri Televiziyo Rwanda.

Inama y’Abakuru b’Ibihugu byo muri EAC na SADC iheruka kuba ku wa 8 Gashyantare 2025 i Dar es Salaam muri Tanzania.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rwishimiye kuba M23 yaravuye i Walikale ndetse n’Ingabo za Congo zikaba zahagaritse ibitero kuri uwo mutwe.

Ati “Twasohoye itangazo ryishimira bimwe mu bimaze gutangazwa. Hari itangazo ryatangajwe n’ihuriro AFC/M23 rivuga ko ivuye muri Walikale rikigira inyuma, bikurikirwa n’ingabo za Leta zivuga ko zitazajya mu mirwano.”

Yongeyeho ko “Ibyo rero bitanga icyizere cy’uko ibiganiro byari biriho muri Afurika, bya EAC na SADC noneho bigiye guhabwa ingufu.”

Yavuze ko muri iyi minsi hari icyizere cyigaragara cy’uko ibiganiro noneho bigiye guhabwa umwanya, mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba wa RDC.

Ati: “Cyane cyane ko ejo ku wa Mbere, tariki ya 24 Werurwe 2025, ku mugoroba hazaba inama y’Abakuru b’Ibihugu ba EAC na SADC hifashishijwe ikoranabuhanga, kugira ngo bemeze ibyemejwe n’Abaminisitiri b’Ingabo n’Ububanyi n’Amahanga i Harare.”

Nduhungirehe yavuze ko ibi bigaragaza ko Guverinoma ya Congo n’imitwe itandukanye bishyira imbere ibiganiro mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo.

Ati “Turizera ko noneho Guverinoma ya Congo izagaragaza ubushake bwa politiki bwo gushyira mu bikorwa ibizaba byavuye mu myanzuro y’abakuru b’ibihugu cyane cyane ibiganiro by’iyo Guverinoma na M23.”

Gusa nubwo AFC/M23 yavuze ko yavuye Walikale, amakuru yazindutse kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Werurwe 2025 atangazwa na bimwe mu bitangazamakuru bikorera muri Congo, nka Okapi ya MONUSCO na RFI y’Abafaransa biravuga ko bakibona abantu ba M23 mu nguni zimwe na zimwe z’umugi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru