Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Bibi Wine yasubije Gen Kainerugaba ushaka umutwe we

Tuesday 7 January 2025
    Yasomwe na

Umunyapolitike usanzwe ari n’umuhanzi muri Uganda akaba utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Museveno, Bobi Wine, yasubije Umugaba mukuru w’ingabo z’iki gihugu Gen. Kainerugaba ko ntabwoba atewe nawe, nyuma yo kuvuga ko ashaka umutwe we.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, Gen.Muhoozi, yavuze ko kuba Bobi Wine ari muri politike ari we na papa we (Perezida Museveni) bamuhaye amafaranga kugira ngo arwanye umunyapolitike wari ukomeye mu minsi yashize Dr. Kizza Besigye, wahoze ari umuganga wihariye wa Miseveni.

Mu butumwa bwe, avuga ko nyuma y’uko bamuhaye amafaranga, yatangiye kubasuzugura, ashimangira ko iyo bitaba se aba yaramuciye umutwe.

Ni ubutumwa bwinshi uyu musirikare yanditse kuri X, ariko kandi Bobi Wine nawe ntabwo yatuje, kuko nawe yahise atumiza inama n’itangazamakuru kugira ngo agire icyo avuga.

Imbere y’itangazamakuru, Bobi Wine yavuze ko nta bwoba na buke atewe na Gen.Muhoozi, ashimangira ko ibyo kuba yacibwa umutwe ntacyo bivuze kuko abayoboke be we na se babishe.

Ati ” Nta bwoba ntewe na we hamwe na se. Niba barampaye amafaranga kuki nirirwa ngenda ahantu hose ntihagire icyo ankoraho. Icyo bakora ni ukwirirwa bahohotera abarwanashyaka banjye.”

Yunzemo ko ibyo Muhoozi ari kwandika Isi yose iba ibireba bityo ko nta bwoba afite.

Ntabwo ari ubwa Mbere Muhoozi ateje impagarara kuri X rimwe na rimwe Perezida Museveni agasaba imbabazi, ariko kandi ubutegetsi muri Uganda butangaza ko amagambo ya Muhoozi aba ari aye ku giti cye abantu batakabyitayeho.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru