Yanditswe na Umugiraneza Alice
Abakorera mu isoko rya Kirambo riherereye mu karere ka Burera mu murenge wa Rusarabuye bavuga ko babangamirwe n’umwanda ugaragara mu isoko kandi batanga amafaranga y’isuku, bikaba biteye inkeke ko bashobora kuhakura indwara zitandukanye ziterwa n’umwanda.
Ubwo mamaurwagasabo yaganiraga n’abagana isoko rya Kirambo bagaragaje zimwe mu mbogamizi bafite nko gukorera ahantu hadafite isuku idahagije.
Bampoyiki Claudine yagize ati: "Njyewe mbona iri soko ryacu rifite ikibazo gikomeye kuko urabaza iby’isuku yiri soko ukabura uwo ubaza kandi tuba twatanze amafaranga y’isuku."
Mujawayezu Deborah nawe yagize ati: "Ubundi mbere mu isoko harimo rwiyemezamirimo, bigezaho batubwirako rwiyemezamirimo ko yananiwe yagiye, icyo dusaba ni uko bashaka undi rwiyemezamirimo kuko tuba twatanze amafaranga y’isuku natwe tugakorera ahasa neza."
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera Buvuga ko iki kibazo bugiye kugikurikirane.
Uwanyirigira Marie Chantal ni umuyobozi wa karere ka Burera yagize ati :"Ntabwo icyo kibazo narinkizi ariko ndibuze kugikurikirane ndebe uko kimeze kuko nibwo nkimenye, kndi isuku tugomba kuyishyiramo imbaraga."
Isoko rya kirambo rirema kuwa gatatu no kuwa gatandatu buricyumweru, rigahuza abaturage batandukanye by’umwihariko abahanye imbibi n’umurenge wa rusarabuye.















