Bamwe mu baturage batuye mu mirenge ya Cyanika na Rugarama y’Akarere ka Burera baravuga ko bahangayikishijwe nikibazo cyo kutagira amazi meza.
Abaganiriye na Mamaurwagasabo TV bavuze ko hari n’igihe babura amahitamo bakohereza abana kujya kuvoma mu ngezi (ikiyaga cya Burera ) bakarohama.
Uwiragiye yagize ati ”Inaha amazi yabaye imboneka rimwe, aza uyu munsi akazagaruka ejobundi Ubu twarumiwe abafite ibigenga niba bafite ubuzima, kubera ko amazi bavomye mu bigega bayatugurisha ijerekani 200 cyangwa 300 mudukorere ubuvugizi tubone amazi meza.”
Undi muturage witwa Murenzi Enock yagize ati ”Ikibazo cy’amazi hano kıraduhangayikishije hari nigihe twohereza abana kujya kuvoma ku ngezi bakarohama mu byukuri ubuzima butagira amazi ntabwo.”
Aba baturage bakomeza bavuga ko hari igihe iyo bagize amahirwe imvura ikagwa bakoresha ibidendezi bikanatera n’indwara zitandukanye.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera Mukamana Soline yavuze ko Umuyoboro wa Mutobo uri hafi kwagurwa kugira amazi azajye abageraho ahagije.
Ati”Ikibazo cy’amazi hano Burera duhora tukibazwa by’umwihariko mu mirenge yo mu makoro,Rugarama, Gahunga, Cyanika ariko navuga nuko bashonje bahishiwe kubera umuyoboro wa Mutobo urimo kwagurwa kugira ngo amazi aazabashe kujya agera ku baturage benshi.”
Ikibazo cy’amazi cyakunze kuvuga muri aka karere ka Burera cyane mu Mirenge ikoze kuri Pariki y’ibirunga ndetse no muduce tw’amakoro, akaba ariho bahera basaba ko abhabwa amazi meza.
Ikigo gishinzwe isuku n’isukura(Wasac ) nacyo cyagize icyo kivuga kuri iki kibazo binyuze mu butumwa bugufi.
kiti ”Dear Mama Urwagasabo Team, Bitewe n’amazi macye ugereranije n’acyenewe, Cyanika na Rugarama babona amazi binyuze mu isaranganya kdi rirubahirizwa. Mu gucyemura ikibazo,hari kwagurwa uruganda rutunganya amazi rwa Mutobo kugirango guhera mu mpera z’uyu mwaka batangire kubona amazi ahagije m’uburyo buhoraho. Murakoze”




















