Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Burera: Barashinja abubatse isoko rya Rugarama kurisondeka

Tuesday 14 January 2025
    Yasomwe na


Abarema n’Abacururiza mu isoko rya Rugarama riherereye mu mu karere ka Burera bavuga ko ryubatswe nabi, mu buryo bita busondetse none rikaba ryaratangiye gusenyuka.

Aba baturage bavuga ko iri soko rya Rugarama rimaze imyaka ibiri rivuguruwe ariko babona baryubakishije umusenyi gusa aho kuryubakisha Sima, ibyo bafata nko guhangika leta.

Mu kiganiro bagiranye na Mamaurwgasabo TV bongeye gusaba ubuyobozi ko bwasaba rwiyemezamirimo waryubatse kugaruka kurisana.

Umwe muri bo yagize ati: "Iri soko barikoze nabi, baryubakishije imicanga gusa nta sima irimo, urabona ko hasi ryamenaguritse, no hejuru rirava, ibicuruzwa byacu bikangirika turasaba ko bazaba rwiyemezamirimo akazagaruka kurisanatukajya dukorera ahantu heza."

Undi muturage yagize ati: "Ibaze isoko basanye inshuro ebyiri kandi niryo ryubatswe nyuma ya ririya mureba hariya; turabona baradusondetse, rwiyemezamirimo ryubakishije imicanga gusa. Ubuyobozi ntabwo bubyitaho, buheruka butanga amasoko gusa ntibukurikirane uburyo byakozwe, ibi biratubabaza cyane kubona leta bayihangika bene ka kageni."

Imbere mu isoko hasi ni umucanga utarimo sima

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugarama, Bwana Egide Ndayisaba avuga ko riri mu masoko akarere ka Burera gateganya kuzasana.

Ati: "Isoko rya Rugarama rimaze igihe rivuguruwe, ryagiye risaza kubera imvura, ikindi rikoreramo abantu benshi cyane ariko akarere gafite gahunda yo kuzasana amwe mu amasoko ashaje. Hano muri Burera n’iri rya Rugarama ririmo, ubwo ubushobozi nibuboneka rizasanwa"

Iri soko rya Rugarama ryahoze rirema kuwa gatatu no kuwa gatandatu, hanyuma iryo kuwa gatandatu baza kuryimurira mu isoko ryo ku mupaka "Cross board market" riherereye i Cyanika.

Ibi byaje gutuma iri soko rigumana iminsi ibiri yaryo barishyira kuwa mbere no kuwa gatatu, riremwa n’abaturage b’ingeri zitandukanye, byumwihariko abaturutse Musanze na Burera.

Ubuyobozi ntibwashatse kutubwira agaciro k’amafaranga yubatse iri soko rya Rugarama.

Mu gihe gito isoko rya Rugarama ryubatswe rigiye kongera gusanwa ku ngengo y’imari ya leta

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru