Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Burera: Barifuza kaburimbo igana ku kigo cy’ubutore cya Nkumba

Monday 19 August 2024
    Yasomwe na


Abaturage bo mu karere ka Burera by’umwihariko abakoresha umuhanda uturuka mu Gahunga werekeza mu kigo cy’Ubutore i Nkumba barifuza ko hashyirwamo kaburimbo ngo kubera ko ukoreshwa cyane n’abantu b’ingeri zitandukanye.

Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri aka karere mu murenge wa Kinoni aho bavuga ko ugenda usanwa mu buryo butarambye ukongera kugenda ucukuka ndetse ngo mu bihe by’izuba ivumbi riba ari ryinshi cyane.

Nzabonimpa Felicien twamusanze muri santere ya Kabaguma yagize ati:"Uyu muhanda urakoreshwa cyane kuko intore zose niho zitorerezwa, ubu mu bihe by’izuba ivumbi ni ryinshi cyane, icyo dusaba ababishinzwe nuko leta ifite amikoro badushyiriramo kaburimbo ukaba nyabagendwa, kandi hano hanyura abayobozi benshi cyane baje hariya mu kigo cy’Ubutore."

Undi muturage witwa Manikiza Cyprien wo mu kagari ka Nkumba yagize ati:"Iyo uvuye hano mu Kinoni ugiye za Musanze ugerayo wahindanye mbese wuzuye ivumbi, turasaba ko bazashyiramo kaburimbo abayobozi bakajya berekeza mu kigo cy’Ubutore bameze neza , intore zose zitorezwa hano iwacu Burera ariko ibikorwaremezo buracyari bike cyane imihanda niyo dukeneye."

Umuyobozi w’Akarere ka Burera Mukamana Soline avuga ko bagishakisha amikoro kugira ngo uyu muhanda werejeza ku kigo cy’ubutore uzashyirwemo kaburimbo.

Yagize ati:"Iyo urebye hano iwacu mu karere ka Burera ubona ikijyanye n’ibikorwa remezo bijyanye n’imihanda turacyari inyuma, igihe ingengo y’imari yabonetse uriya muhanda uzakorwa, kiriya kigo kiri ku rwego rw’Igihugu bizaba vuba ababishinzwe twarabibabwiye gusa haracyashamishwa ingengo y’imari kuko bamaze no gupima."

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko mu karere ka Burera hari n’imihanda yatangiye gukorwa harimo uzaturuka Base-Butaro- kidaho uzaba ureshya n’ibirometero 64.

Usibye umuhanda wa kaburimbo umwe rukumbi uturuka mu mujyi wa Musanze werekeza cyanika ku mupaka ntayindi kaburimbo igaragara muri aka karere.

Ikigo cy’ubutore cya Nkumba cyafunguye imiryango mu mwaka wa 1997, mu Murenge wa Kinoni, kuri ubu iki kigo kiri ku rwego rw’Igihugu kubera ko ariho
minisiteri y’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu ariho ikorera ibikorwa byayo bitandukanye birimo amahugurwa ahabwa intore zitandukanye.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru