Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Burera: Imiryango irenga 2400 yagorwaga no kubona icumbi igiye guhindurirwa amateka

Tuesday 27 August 2024
    Yasomwe na


Ubukangurambaga bwiswe "Tubatuze Heza" bwatangiriye mu karere ka Burera mu mirenge ya Kinoni, Gahunga, Rugarama, Cyanika na Kagogo byitezwe ko buzasiga imiryango igera kuri 441 ibonye amacumbi ndetse n’indi 2007 ituye mu nzu zitameze neza zisanwe.

Akarere ka Burera bitewe nuko henshi usanga hagizwe n’amakoro kubona igitaka cyo kubakisha bigora, bituma abaturage biturira mu nzu zikikijwe n’ibyatsi. Kuri uyu wa Mbere tariki 26 Kanama 2024 nibwo mu karere ka Burera hakozwe umuganda udasanzwe wari ugamije kwegereza abaturage itaka ryo kubakisha ndetse babumbamo n’amatafari aho byakozwe n’abaturage, ingabo ndetse na Polisi.

Umwe mu baturage bubakiwe witwa Ndayambaje Léonard afite imyaka 62, yavuze kubaka inzu ye byari byaramunaniye kubera ko yayubakishaga amabuye n’itaka ryoroshye igahita igwa bityo bikamuviramo kuyimukamo agakodesherezwa n’Akarere kuko nta bushobozi yari afite.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Mukamana Soline yavuze iyi gahunda batangije bazibanda cyane gukorana n’abafatanyabikorwa b’Akarere n’abaturage, mu rwego rwo guca burundu ikibazo cy’inzu zitameze neza muri aka karere.

Yagize ati "Ubu bukangurambaga bugamije gukemura ibibazo bibangamiye umudendezo w’abaturage, aho twongeye tugasubira inyuma tureba muri gahunda yo gushyira umuturage ku isonga, ntabwo rero yaba ku isonga adatuye abantu heza. Ubu dufite ingo 441 z’abaturage bacu badafite ahantu ho kuba ndetse n’ingo 2007 zifite inzu zitameze neza, niyo mpamvu twakoze ubu bukangurambaga."

Hitabazwa ikindi gitaka muri Burera kugira ngo bakoresha amatafari ya rukarakara

Mu byo umuyobozi w’Akarere ka Burera akomeje gushyira imbere ngo nuko umuturage agomba gutura ahantu heza, mbere na mbere afashwa kubona aho kuba (icumbi), cyane ko usanga benshi bafite inzu mu bibanza byabo ariko zitubatse neza.

Umuyobozi w’Akarere kandi yaboneyeho kwibutsa abaturage bitabiriye uyu umuganda kwitabira gahunda zigamije guteza imbere imibereho yabo n’iterambere ry’igihugu muri rusange harimo isuku n’isukura, kwizigamira muri Ejo Heza no gutangira Mituweli ku gihe.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru