Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 June » Abigisha gutwara ibinyabiziga basuye Urwibutso rwa Bisesero, boroza inka abarokotse Jenoside – read more
  • 13 June » Amajyaruguru:Abahinzi n’aborozi barashimira Sonarwa itabatererana mu bihombo bahura nabyo – read more
  • 10 June » AMAVUBI ASOJE IMIKINO YA GICUTI NTA GITEGO YINJIJE. – read more
  • 9 June » URUNTURUNTU I BURAYI, NINDE UKWIYE UMUPIRA WA ZAHABU? – read more
  • 6 June » IKIPE Y’IGIHUGU AMAVUBI YAHEREWE ISOMO RYA RUHAGO MURI ALGERIA – read more

Burera: Ubuziranenge bw’inyama burageramiwe, babagira hasi

Tuesday 26 March 2024
    Yasomwe na


Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera baravuga ko bahangayikishijwe n’ibagiro ribagira inyama hasi, mu mwanda ukabije ndetse ngo bishobora no kuzabateza indwara zitandukanye.

Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Butaro aho yasanze muri iri bagiro riri muri santere ya Rusumo rifite umwanda ukabije ndetse haba hari umunuko ukabije.

Umwe muri bo witwa H. Patrick ati: "Urabona ibi bizi biretse hano, amasazi, umunuko ukabije biteye inkeke kandi murabona ko uburwayi butahabura bitewe nuko abaturage baza kugura inyama bakajya kuzirya, mbese badufashije ababishinzwe bajya baza kugenzura isuku byibuze tukareba ko isuku yakorwa bagakorera ahantu hasobanutse."

Hari abaturage bavuga ko ubundi inka yabaganywe isuku uruhu tuba rusa n’umweru aho kuba umutuku nk’amaraso

Undi muturage witwa Twizere Pacific yagize ati: "Ikinuko kiri hano giteye ikibazo, reba uburyo barimo kubagira hasi nubwo ari ku isima ariko ntasuku ihari, nawe urimo kubibona. Turasaba ko byakwitabwaho uyu mwanda uri muri iri bagiro ugakumirwa ubuzima bw’abaturage butarajya mu kaga."

Abakozi bo muri iri bagiro bagikubita amaso umunyamakuru bahise batangira gukora isuku, bavuga ko ukora isuku atarahagera.

Umunyabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Butaro bwana Kayitsinga Faustin avuga ko batakwihanganira umwanda ngo bagiye gukora igenzura ndetse iri bagiro bari hafi kuryimurira ahandi kubera ko reshaje.

Yagize ati: "Icyo twavuga ni ibagiro rishaje rizimurwa mu bihe biri imbere, hariya niho bari kuba bifashisha. Ku kijyanye n’ikibazo cy’umwanda nta muntu wacyihanganira, tugiye kubikurikirana ndeste nibiba na ngombwa tuzabahana kugira ngo himakazwe isuku inogeye abaturage."

Mu bindi biteye aba baturage impungenge nuko iri bagiro riri hagati mu rujya n’uruza rw’abantu, aho usanga hari umunuko ukabije cyane ngo bashobora gukuramo uburwayi.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru