Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Burera:Umukecuru yasiragijwe n’inzego zibanze kugeza afunzwe

Monday 4 August 2025
    Yasomwe na

Hari umuturage witwa Nyirabukobwa Kezia utuye mu mudugudu wa Kanyamugezi , Akagari ka Karangara, Umurenge wa Rugarama w’Akarere ka Burera utabaza nyuma yaho ubutaka bwe butwawe n’Uwitwa INDOHA Kimenyi wigisha mu ishuri rya ULK.

Uyu muturage yabwiye mamaurwagasabo tv ko yakomeje gusiragira mu nzego z’ubuyobozi butandukanye ndetse ngo no ku biro bya Perezida wa Rebulika y’u Rwanda yagezeyo baramwakira kugeza Ubu ntagisubizo arabona.

Mu kiganiro yagiranye na Mamaurwagasabo tv yavuze ko yagerageje gukurikirana iki kibazo kijyanye n’ubutaka bwe yambuwe muri 2009 ubuyobozi bw’umurenge wa Rugarama buramufunga kugira ngo aceceke.

Ati”Nahuye nakarengane banjyana isambu yanjye nahingaga kuva kera bayiharereza umwalimu wigisha muri ULK, kubera abayobozi mu nzego zibanze babahaga ruswa bagahereza umuntu ubutaka butari ubwe nanjye niko byangekeye.”


Nyirabukobwa Kezia usaba kurenganurwa agahabwa isambu ye.

Kezia yakomeje agira ati”Nagerageje kwiruka mu nzego zitandukanya, hanyuma ubuyobozi bw’umurenge burampamagara ngo nze ku murenge barangije banshyira mu modoka bajya mumfunga namazemo iminsi 8, hari n’Igihe nagiye gushaka umunyamakuru wo kuri RC Musanze witwa Uwimana Emmanuel Gitifu w’umurenge amaze kumenya ko uwo munyamakuru aribuze nk’ejo ampereza İnka kugira ngo nceceke isambu yanjye bayitware.”

Ku ruhande rw’abaturanyi be nabo bemeza ko Kezia yarenganyijwe agatwarwa isambu ye ku gitugu, akaba ariho bahera bamusabira ko yarenganurwa.


Yandikiye umukuru w’igihugu amugezaho akarengane yahuye nako.

Uyu muturage arasaba kurenganurwa ngo kuko yagiye kuri Perezidanse bahamagara Meya wariho icyo gihe ngo akemure iki cyibazo ariko ngo ntabwo yigeze agikemura ndetse yiyambaje n’Urwego rw’umuvunyi ubuyobozi bw’Akarere bwanga gufasha uyu mukecuru.


Yandikiye urwego rw’umuvunyi asaba kurenganurwa.

Twifuje kumenya icyo uyu Janvier INDOHA Kimenyi bivugwa ko ariwe watwaye isambu y’uyu muturage atubwira ko ntabyo azi.

Ati”Ntabyo nzi ibyo murimo kumbaza .”

Twifuje kandi kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bugiye gukora kugira ngo bakemure iki kibazo maze dugamagaye Meya Mukamana Soline kuri telefone ntiyabasha kwitaba yewe kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru n’ubutumwa bugufi twamuhaye ntiyigeze abusubiza.

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru