Intumwa z’uburusiya, Ukraine na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zerekeje i Abu Dhabi uyu munsi, aho biteganyijwe ko habera ibiganiro bya mbere by’impande eshatu kuva Uburusiya bwatangira intambara yeruye muri Ukraine muri Gashyantare 2022.
Ibi bibaye nyuma y’uko Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin n’intumwa za Donald Trump bagiranye ibiganiro i Moscou, Kremlin ivuga ko byari “ingirakamaro” ariko kandi “byavuzwe mu kuri kudaciye ku ruhande”.
Ejo hashize mu nama y’Isi yiga ku bukungu (World Economic Forum) yabereye i Davos, Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze ko yumvikanye na Trump ku bijyanye no kurindirwa umutekano; Amerika izaha Ukraine mu gihe hagerwaho amasezerano.
Gusa yanagaragaje ko ikibazo cy’ejo hazaza h’uturere two mu burasirazuba bwa Ukraine kigikomeje abwira abanyamakuru ati: “Byose bishingiye ku butaka.”
Mu kiganiro yavugiye mu ndege ya Air Force One mw’ijoro ryakeye, Trump yavuze ko yemera ko Putin na Zelensky “bombi bashaka kugirana amasezerano”, yongeraho ati: “Tuzabimenya.”
Chadadi Habimana




















