Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Ibiganiro bya Ukraine, USA n’Uburusiya bigiye kubera i Abu Dhabi.

Friday 23 January 2026
    Yasomwe na

Intumwa z’uburusiya, Ukraine na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zerekeje i Abu Dhabi uyu munsi, aho biteganyijwe ko habera ibiganiro bya mbere by’impande eshatu kuva Uburusiya bwatangira intambara yeruye muri Ukraine muri Gashyantare 2022.

Ibi bibaye nyuma y’uko Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin n’intumwa za Donald Trump bagiranye ibiganiro i Moscou, Kremlin ivuga ko byari “ingirakamaro” ariko kandi “byavuzwe mu kuri kudaciye ku ruhande”.


Perezida Putin yahuye n’intumwa za Trump i Moscow.

Ejo hashize mu nama y’Isi yiga ku bukungu (World Economic Forum) yabereye i Davos, Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze ko yumvikanye na Trump ku bijyanye no kurindirwa umutekano; Amerika izaha Ukraine mu gihe hagerwaho amasezerano.

Gusa yanagaragaje ko ikibazo cy’ejo hazaza h’uturere two mu burasirazuba bwa Ukraine kigikomeje abwira abanyamakuru ati: “Byose bishingiye ku butaka.”


Perezida Zelensky yagiranye ibiganiro na Trump i Davos mu busuwisi.

Mu kiganiro yavugiye mu ndege ya Air Force One mw’ijoro ryakeye, Trump yavuze ko yemera ko Putin na Zelensky “bombi bashaka kugirana amasezerano”, yongeraho ati: “Tuzabimenya.”

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru