Wednesday . 22 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Burera: Umuryango w’abantu icyenda wugarijwe n’amavunja

Sunday 28 August 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Umuryango wa Nyirabarera Jacqueline na Senzira Alphonse bo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera wugarijwe n’amavunja.

Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga ahatuye uyu muryango mu Mudugudu wa Majyambere mu kagari ka Kamanyana, Nyirabarera yamubwiye ko bifuza imiti y’ubu burwayi bwanze gukira.

Yagize ati: "Nibyo dufite icyorezo cy’amavunja hano kandi ntacyo tutakoze kugira ngo duhandure aya mavunja, ngerageza gushyiramo umuti."

Nyirabarera akomeza avuga impamvu aya mavunja adacika mu muryango wabo.

Ati: "Ubundi nyirabayazana w’aya mavunja turwaje hano ni umuntu tubana ufite ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe, arwaye amavunja menshi akaba yaragiye ayatwanduza; urabona ko abana bameze nabi kubera amavunja."

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanika, Concorde Hatumimana, yatubwiye ko uwo muryango ntawo azi.

Yagize ati "Nzabanza mbakurikirane mbamenye, kuko njye ntabwo mbazi."

Usibye kuba uyu muryango ufite iki ikibazo ntugira n’aho gukinga umusaya kuko inzu babagamo yabaguyeho, kuri ubu bakaba batangiye guhabwa umuganda n’abaturanyi babo.

Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira ingufu mu guca burundu ikibazo cy’amavunja ahanini giterwa n’umwanda, aho abayobozi batandukanye mu nzego zibanze basabwe gukora ibishoboka byose umuturage akaba ’Ku Isonga’.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru