Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
DRC yirukanye ku butaka bwayo umunyamakuru wa Reuters nyuma y’uko icyangombwa cye kimwemerera gukorera umwuga we muri iki gihugu kitakiriwe.
Uwo munyamakuru ni Sonia Rolley wahoze akorera RFI mbere yo kujya muri Reuters.
Igitangazamakuru akorera cyatangaje ko muri Nzeri uyu mwaka yasabye icyangombwa kimwemerera gukora nk’umunyamakuru muri DRC.
Icyo gihe yahawe uburenganzira bwo gutara amakuru ku nama yiga ku mihindagurikire y’ikirere yari iri kubera i Kinshasa mu kwezi gushize mu gihe yari ategereje ko ahabwa ikarita imwemerera gukora mu bwisanzure.
Igihe dukesha iyi nkuru bavuze ko, ku wa Kabiri w’iki Cyumweru bivugwa ko yatumijwe ku biro bishinzwe abinjira n’abasohoka i Kinshasa, akakwa pasiporo ye ndetse nyuma agahita ashyirwa mu ndege imucyura iwabo i Paris anyuze i Addis Ababa. Nta mpamvu yigeze ahabwa yatumye yirukanwa.
Ishami rya Polisi rishinzwe itangazamakuru ryamenyesheje Reuters ko yabaza Minisiteri y’Umutekano impamvu yo kwirukanwa kwa Sonia Rolley gusa urwo rwego nta gisubizo narwo rwatanze kuko abayobozi barwo batigeze bitaba.




















