Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Dr Frank Habineza yasabye abaturage ba Nyabihu ko igihe kigeze ngo igwingira mu bana ricike

Tuesday 2 July 2024
    Yasomwe na


Umukandida Perezida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank yibukije abaturage ba Nyabihu na Rubavu ko badakwiye kujya bafata umusaruro wose bejeje ngo bawujyane ku isoko bibagirwe abana babyaye, bisange mu igwingira.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 2 Nyakanga 2024 nibwo kandida Perezida Dr Frank Habineza n’abakandida Depite ba Green party bakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu karere ka Nyabihu na Rubavu, Ku munsi wa 11, aho bongeye kwibutsa abaturage ko babishaka ikibazo cy’igwingira ry’abana cyacika muri utu turere dufite ibiribwa bihagije.

Uyu mukandida yageze mu karere ka Nyabihu ahagana saa 11h30’ ashagawe n’imbaga y’abaturage bari baje kumva imigabo n’imigambi ye.

Mu ijambo yagejeje ku barwanashyaka ba Green Party yagize ati: "Habineza arabifuriza ibyiza, kandi gutora Habineza ni waneza! Twebwe ururimi rwacu rurarema, ntabwo tubeshya. NIgeze kumva abantu muri iyi minsi bavuga ngo Green Party iravuga, turavuga, nyine kubera ko tutabeshya; ubushyize twabijeje ko umuntu azajya yishyura ubwisungane agahita yivuza, ibi byarabaye."

Dr Frank Habineza yagarutse ku kibazo cy’abana bagwingiye bo mu karere ka Nyabihu, aho yavuze ko aka Karere ntacyo kabuze ahubwo hari ingeso yo gukora bakorera isoko.

Yagize ati: "Mufite ibiribwa ariko mukagira ikibazo cyo kugwingiza abana, ngira ngo Nyabihu iza mu turere tw’imbere dufite abana benshi bagwingiye. Ingeso yo guhingira isoko muyigabanye, mwite ku bana bave mu mirire mibi kubera ko ntacyo mwabuze. Mweza ibirayi mufite ibiryo sinumva uburyo abana bo muri aka karere bagwingira."

Ahagana saa 15h00’ nibwo yageze mu karere ka Rubavu aho yarategerejwe n’abarwanshyaka benshi nabo abasaba ko bakwiye kubyaza umusaruro amahirwe bagura ishoramari rishingiye mu buhinzi n’ubworozi ahanini bushingiye ku musaruro uva mu kivu arinako bihaza mu biribwa, ariko ngo ibyo biazaba nibatora Ishyaka Green Party.

Kuva muri Kamena 2023, Leta y’u Rwanda yatangije ubukangurambaga bukomatanyije aho bwari bugamije kwihutisha gahunda zifasha kurandura imirire mibi n’igwingira ry’abana mu Turere 10 two mu Rwanda turimo Nyabihu na Ruabvu.

Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage DHS, bugaragaza ko mu Karere ka Nyabihu ibipimo by’igwingira mu bana byavuye kuri 59% mu mwaka wa 2015, bigera kuri 46,7% mu mwaka wa 2020 mu gihe ubwasohotse mu kwezi Kamena 2023, bwo bwagaragaje ko Nyabihu iri ku gipimo cya 34,2% by’abana bagwingiye.

Imibare iheruka gushyirwa ahagaragara yerekana ko ku rwego rw’igihugu, abana 33% bafite ikibazo cy’igwingira mu gihe intego Leta y’uRwanda yihaye ari uko umwaka wa 2024 uzarangira bageze byibura kuri 19%

Hon Dr Frank Habineza yavuze ko igwingira ari ikibazo gihangayikishije u Rwanda arinaho yahereye avuga ko baramutse batoye ishyaka Green Party hashyirwaho uburyo bwo kwihaza mu biribwa bityo abana bakajya barya indyo yuzuye byose bitagiye kus isoko.

Ibikorwa byo kwiyamamaza ku mukandinda Perezida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije Dr Frank bizakomereza mu turere twa Karongi na Rutsiro tariki ya 3 Nyakanga 2024.

ubwo Dr Habineza yasozaga kwiyamamariza i Mahoko mu karere ka Rubavu

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru