Yanditswe NIMUGIRE Fidelia
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iyubahirizwa ry’ubuziranenge bw’imiti, ibiribwa n’ibinyobwa, Rwanda FDA, cyahagaritse ibigo birindwi bisanzwe bitunganya amazi yo kunywa, amashami yabyo amwe akorera mu Mujyi wa Kigali.
Mu itangazo iki kigo cya FDA cyashyize hanze kuri uyu munsi cyavuze ko nyuma yo gukora isuzuma ryimbitse ku bigo bikora amazi, basanze ibyo bigo bitujuje ubuziranenge bwo kuba ayo mazi yanyobwa.
Ni mugihe kandi mu minsi ishize hari hamaze guhagarikwa amashami amwe namwe ya Jibu mu Mujyi wa Kigali gusa icy kigo nyuma gitangaza ko cyakosoye ibyo cyasabwe gukora gisubiza amazi ku isoko.
FDA yasabye banyiri ibyo bigo guhita bavana ayo mazi ku isoko ku mpamvu yo kurengera ubuzima bw’abanyarwanda
FDA iragira inama Abanyarwanda bari basanzwe bakoresha aya mazi guhindura bagakoresha ari ku isoko yabiherewe uburenganzira na Rwanda FDA.
















