Monday . 5 January 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 5 January » AFC/M23 ishinja MONUSCO kwivanga mu gitero cya drone cyahitanye abaturage ba Masisi-Centre muri RDC – read more
  • 18 December 2025 » AFCON 2025 yahumuye dore bimwe mu byo wamenya kuri iri rushanwa, n’igihugu gihabwa amahirwe yo kwegukana iki gikombe – read more
  • 18 December 2025 » Minisitiri w’Intebe wa Qatar avuga ko kutubahiriza amategeko yo guhagarika imirwano kwa Isiraheli bibangamira izindi nzira y’amahoro ya Gaza – read more
  • 17 December 2025 » Hatangiye gushyingurwa abiciwe mu gitero cyabereye i Bondi muri Australia – read more
  • 17 December 2025 » Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) wagenje gacye icyemezo cyo guhagarika imodoka zikoresha lisansi na mazutu mu 2035 – read more

Gakenke: Abarema isoko rya Bazira barifuza aho bikinga imvura n’izuba

Thursday 15 June 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gakenke, by’umwihariko abakunze kurema isoko rya Bazira, barifuza kubakirwa isoko rizima bakabona aho bajya bikinga izuba n’imvura, bakabona n’uburyo bajya batandika ibicuruzwa byabo neza.

Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri iri soko agasanga abacuruzi bashyira ibicuruzwa byabo hasi bakaba ariho bahera basaba ko bakubakirwa isoko ryiza rijyanye n’icyerekezo.

Umwe muri aba bacuruzi witwa Mukantezimana Pelagie yagize ati: "Izuba urabona ritatwishe se, turifuza isoko natwe tukajya twishima; iyo imvura iguye iratunyagira tukabura uko tubigenza, murabona ko twatanditse imboga hasi kudufuka, muzatuvuganire."

Undi muturage witwa Mukandekezi yagize ati:" Bahoze batubwira ko bazatwabubakira isoko haruguru y’umuhanda bitewe nuko epfo iriya ari mu gishanga ariko twarahebye, ubu se urabona hano tudacururiza mu muhanda? Dukeneye isoko rya Bazira byibuze tukajya twugama imvura ndetse tugacuruza twisanzuye."

Twifuje kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke buvuga kuri iki kibazo maze umuyobozi w’Akarere Nizeyimana Jean Marie Vianney avuga ko ibijyanye no kubaka amasoko babihariye abikorera.

Aragira ati: "Gahunda yo kubaka amasoko Leta yayihariye abikorera, gusa iyo hari ubutaka bwa Leta bashobora kubusabirwa mu rwego rwo koroherezwa."

Perezida w’urugaga rw’abikorera (PSF) mu karere ka Gakenke, Mbaga Daniel, avuga ko bakomeje kugirana ibiganiro n’ubuyobozi bw’Akarere kugira ngo bazarebe uburyo bazubaka iri soko.

Aragira ati: "Nubundi ahongaho akarere gafite gahunda yo kuzarivugurura ku buryo ryazajya haruguru y’umuhanda mu rwego rwo kubungabunga igishanga, ntabwo turabishyira muri gahunda neza gusa turacyabiganiraho n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke, tubifite muri Gahunda."

Isoko rya Bazira rirema buri wa kabiri, kuwa kane no kucyumweru aho usanga rihurije hamwe abaturage banshi bazanye ibicuruzwa byabo byiganjemo , imboga , ibijumba , imyumbati, ndeste n’imbuto .

Usibye kuba aba baturage batagira aho kwikinga izuba n’imvura, iri soko rya Bazira riri mu muhanda, aho usanga urujya n’uruza ku muhanda munini Musanze Kigali kuko rifatanye n’uyu muhanda wa kaburimbo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru