Hari abaturage bo mu murenge wa Mataba w’Akarere ka Gakenke bavuga ko baherutse gusenyerea n’ibiza bashyirwa ku rutonde rw’abagomba guhabwa isakoro (amabati) kubera amikoro make ariko ngo barategereje amaso yaheze mu kirere.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo TV ubwo yagerega muri uyu murenge wa Mataba, abasanga aho basigaye bavumbitse, bavuga ko ubuyobozi bwabijeje ubufasha bwo kubasanira inzu.
Uwineza Leontine wo mu mudugudu wa Mataba, Akagari ka Nyundo yagize ati: "Ibiza byatugezeho inzu nabagamo irahirima, baratubwira ngo nituzamure inzu hanyuma bazaduhe isakaro, ubwo baratwandika ndetse baranafotora ariko twagiye ku murenge Gitifu aratubwira ngo amabati yarashyize nitujye kwirwariza. Hanyuma tujya ku karere Vice Meya aratubwira ngo nta mbabati ahari ubwo turataha dukomeza kwangara gutyo."
Uyu muturage yakomeje agira ati: "Turasaba ko badaha ubufasha batwemereye, kuko njyewe nabonye binyobeye bitewe nuko nakodeshaga n’abana banjye, byabaye ngombwa ko ndeba aho nguza abaturanyi ngura amabati kubera ko amatafari yari yatangiye kwangirika kubera kunyagirwa. Turasaba ko baduha ibyo batwemereye kandi hari abayahawe ariko hano muri uyu murenge turi benshi batigeze baherereza isakaro."
Nzamwitakuze Jacqueline wo mudugudu wa Kagando, Akagari ka Mataba nawe yagize ati: "Banyemereye amabati mu gihe cy’ibiza, baratubarura bihera iyo. Ubwo njya ku murenge wa Mataba bambwira ko amabati yashyize n’ubu ntuye hejuru ku musozi narumiwe; muzabtubarize aho ayo mabati twemere bayashyize."
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mataba, Bwana Ruhashya Charles yavuze ko bafite urutonde rw’abagomba kuzafashwa, bityo uko ubushobozi buzagenda buboneka bazafashwa.
Ati: "Dufite abasenyewe n’ibiza batishoboye hano muri Mataba, ubwo uko ubushobozi buzagenda buboneka bw’Akarere tuzagenda tubasanira barazwi, Dufite profile yabo, ariko ikindi navuga iyo umuntu asenyewe nibiza yishoboye arisanira abo mwaganiye niba barababaruye tuzabasanira, nubwo ndi mushya muri uyu murenge ariko amazina yabo turayafite."
Akarere ka Gakenke ni kamwe mu turere dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru, gakunze kwibasirwa n’ibiza by’imvura aho mu mwaka wa 2023 ibiza byari byangije inzu nyinshi, gusa hari bamwe batishoboye bagiye bemererwa ubufasha cyane ubw’isakaro bikarangira batabubonye.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje




















