Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rusasa ho mu karere ka Gakenke baravuga ko babangamiwe no kuba mu icuraburindi ryo kutagira umuriro w’amashanyarazi, ngo baracyamurikisha inkwi batekesha, ibyo bita ’ibishishimuzo’.
Ababwiye umunyamakuru wa mamaurwagasabo ko bafite icyo kibazo ni abo mu gice kimwe cy’aKagari ka Gataba, bakifuza ko bahabwa amashanyarazi nk’abandi bakava muri ubu bwigunge.
Umuriro w’amashanyarazi mu Kagari ka Gataba muri Rusasa wagarukiye mu gace kamwe
Umwe muri aba baturage witwa Theonile Habimana twasanze mu kagari ka Gataba yagize ati: "Twaheze mu icuraburindi, twarumiwe, abandi bageze mu iterambere ariko twebwe twasigaye inyuma; bari batubwiye ko bitazarenza mu kwezi kwa 8 tutaragerwaho n’amashanyarazi none ubu amaso yaheze mu kirere. Ubu abana bacu babura uburyo basubiramo amasomo arinayo mpamvu batsindwa, batwemereye n’imirasire ntiturayibona, badufashe natwe dusirimuke."
Undi muturage witwa Hakizimana Leonidas yagize ati: "Mutuvuganire bacukumburire aho bari bagejeje, ubu tujya kurahura amashanyarazi, ntabwo twareba television kubera ko nta muriro. Telefone tujya kuzicajinga ku muhanda; batubabariye baduha amashanyarazi tukabaho nk’abandi banyarwanda tukajya dukora ku gikuta tukava mu kizima n’ijoro. Nukugenda umuntu akubita imitwe ku bibambasi, Meya yari yatwemereye umuriro ubwo duherukana mu nama, nawuduhe."
Aba baturage bakomeza bavuga ko baramutse babonye umuriro iwabo byatuma bihangira imirimo irimo kogosha, gusudira ndetse ngo bamwe bashaka n’ibyuma bisya ibinyampeke birimo ibigori, amasaka, ingano bitabasabye kujya babanza gukora urugendo bagiye gushesha.
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana Niyonsenga Aime Francois avuga ko akarere ka Gakenke kageze ku kigero cya 88 % mu gukairakwiza umuriro mu baturage, yasabye aba baturage bataragerwaho n’amashanyarazi kuba bihanganye.
Yagize ati: "S aho muri Rusasa gusa bagifite ikibazo nkicyo kubera ko ubu turimo gukora ibarura mu mirenge yose kugira ngo tumenye ingo zitaragerwaho n’umuriro, turasaba abaturage bacu kuba bihanganye kuko muri gahunda y’Igihugu Abanyarwanda bose bazacana 100%."
Kugeza ubu igihugu cy’u Rwanda gifite umuriro ungana na Megawati 276 aho 50% byawo ari umuriro uturuka ku ngomero z’amazi, naho hafi 20% ni ingufu zikomoka kuri Gaz Méthane, umuriro ungana na 5% mbere wavaga ku bikomoka kuri peterol, umuriro ungana na 17% uturuka kuri Nyiramugengeri naho 8% ni umuriro uturuka ku mirasire y’izuba.
Mu ntego Igihugu cyihaye ni uko muri gahunda ya NTs2 ya 2024-29 buri rugo mu Rwanda rugomba kuzaba rufite umuriro w’amashanyarazi rucana.
Abanyeshuri gusubiramo amasomo birabagora cyane bitewe no kutagira umuriro
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje


















