Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gakenke, mu Murenge wa Gakenke na Nemba bavuga ko banyotewe kongera kubona amazi meza kuko bugarijwe n’indwara zituruka ku mwanda.
Abaganiriye n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo bo mu mudugudu wa Nyamabuye mu kagari ka Rusagara, mu murenge wa Gakenke, bavuga ko ubu bavoma amazi y’ibirohwa muri ruhurura yitwa Nyabutaka nyuma yuko amavomo rusange bahawe atagikora neza.
Munyaneza Charles yagize ati "Hano dukeneye amazi meza kuko tuvoma mu mugezi utemba witwa Ruzibaziba; abana barwara indwara nyinshi zituruka ku mwanda, abantu benshi bavoma muri izi za ruhurura duturanye nazo, namwe murabibona."
Undi witwa Uwingeneye Jeannette wo mu murenge wa Nemba yagize ati: "Ikibazo cy’amazi kirakaze hano iwacu, ni gutya mu bibona, amazi ni ikibazo, tujya kuvoma mu mugezi utemba, ntakindi twakora. Dore nkubu twiriwe dutegereje ko tubona amazi mu mugezi ariko ariko ntayo, hari n’aho amatiyo yumye kera."
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nizeyimana Jean Marie Vianney ntiyashatse kugira icyo avuga kuri iki kibazo cyugarije aba baturage kuko inshuro zose twamuvugishihe tukanamwohereza ubutumwa bugufi ntiyasubije.
Hirya no hino mu mirenge ya Gakenke na Nemba yo mu karere ka Gakenke usanga hari amavomo rusange (imigezi) ariko adakora neza kuko abaturage bavuga ko amazi aza rimwe na rimwe, niho bahera basaba ko bakegerezwa amazi meza bagaca ukubiri n’indwara.
















