Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Gen. Kabarebe na Ibingira mu bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Wednesday 30 August 2023
    Yasomwe na


Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru ba Jenerali 11 barimo Gen James Kabarebe, Gen Fred Ibingira.

Nkuko bigaragara mu itangazo rishyizwe hanze na (RDF ) ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 30 Kanama 2023, hatangajwe ko abasirikari bafite ipeti rya General 12 barimo na Gen James Kabarebe wari Umujyanama wihariye wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Iri tangazo rije rikurikira andi mavugurura yaraye akozwe aho bamwe mu bandi basirikari baraye bahawe indi mirimo mishya mu gisirikari cy’u Rwanda mu gihe abandi nabo bazamuwe mu mapeti.

Mu bahawe imirimo mishya barimo Major General Emmanuel Ruvusha wahawe inshingano zo kuyobora (1 Division COMDR) na Major General Eugenie Nkubito (3 Division COMDR).

Iri tangazo kandi rivugamo ko hashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru abandi ba Ofisiye 83 bakuru, abandi 6 bato kuri bo, abasirikare bato 86 n’abandi 678 barangije amasezerano. Biyongeraho abandi 160 bafite ibibazo by’ubuzima.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru